Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko ingabo z’iki gihugu zatangiye kuva ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, nyuma y’aho bitangajwe ko habanje ibiganiro hagati ya Perezida Pierre Nkurunziza na Félix Tshisekedi.
Ingabo zavuye muri RDC ni izo mu birindiro biri mu Ntara ya Cibitoke, zihagera zambutse umugezi wa Rusizi nk’uko SOS Media yabitangaje kuri uyu wa 4 Mata 2020.
Iki gitangazamakuru kivuga ko mu makuru cyahawe na bamwe mu basirikare ari uko bari bagiye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo guhangana n’imitwe irwanya ubutegetsi buriho nka Red Tabara.
Muri iyi operasiyo ingabo z’u Burundi zimazemo iminsi muri Uvira, bagenzi babo umunani bahasize ubuzima. Umusirikare umwe ati: “Mu mirwano na Red Tabara, twatakarijemo abasirikare umunani.”
Amakuru y’uko ingabo z’u Burundi yatangiye kuvugwa kuva mu myaka yashize [cyane cyane mu 2019]. Ibitangazamakuru bitandukanye byavugaga ko zinjira ku butaka bwa RDC zinyuze mu Ntara ya Cibitoke muri Komine nka Buganza mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, zambutse umugezi wa Rusizi.
Akenshi abayobozi bakuru mu ngabo z’iki gihugu bagiye babihakana, haba ubwo batagiye bagira icyo babitangazaho. Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Nkurunziza, Jean Claude Karerwa yavuze ko ingabo zidashobora koherezwa mu kindi gihugu zitabisabwe n’imiryango mpuzamahanga nka AU na UN.



4 Responses
Ingabo z’u Burundi zatangiye kuva ku butaka bwa RDC
none izongabo zabayo kuvyo nya baki
Ingabo z’u Burundi zatangiye kuva ku butaka bwa RDC
none izongabo zabayo kuvyo nya baki
Ingabo z’u Burundi zatangiye kuva ku butaka bwa RDC
Ubundi ae zavuyeyo gute uburundi bwarahakanaga ki nta nfabo bafiteyo? Uku niko Covid-19 izigaragaza, nubwo bigamba bavuga ko batayirwara, bishingiye kuguhisha imibare ngo babanze bitoremo ibibore byashegeshwe nayo. Nayo irimo irakora bucece, ariko bigeraho bikagaragara. Mbiteze amaso!
Ingabo z’u Burundi zatangiye kuva ku butaka bwa RDC
Ubundi ae zavuyeyo gute uburundi bwarahakanaga ki nta nfabo bafiteyo? Uku niko Covid-19 izigaragaza, nubwo bigamba bavuga ko batayirwara, bishingiye kuguhisha imibare ngo babanze bitoremo ibibore byashegeshwe nayo. Nayo irimo irakora bucece, ariko bigeraho bikagaragara. Mbiteze amaso!