Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye bashya 2, hakize 4

Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abarwayi 2 b’icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 746 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 128 barimo bane b’uyu munsi. Muri rusange, abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 261 barimo 133 bakirwaye.
Perezida wa Madagascar yafunguye abanyamakuru bose bari mu buroko
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe Ubwisanzure bwâItangazamakuru wabaye kuri uyu wa 3 Mata 2020, Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar yafunguye abanyamakuru barimo abari bafungiwe ibyaha bitandukanye muri iki gihugu. Ni mu gihe mu bihugu byinshi hari abanyamakuru bafungiwe amakosa arimo ajyanye nâumwuga, abazize ubusa, abandi bazira ayo mu buzima busanzwe, akenshi bigasanishwa no kutubahirizwa kw’ihame ryâubu […]
Burundi: Agato Rwasa avuga ko CNDD niyibeshya igasohora imbunda bazabatoragura nâintoki
Icyumweru kirenga kirashize mu Burundi abakandida bâamashyaka atandukanye bakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza, Ishyaka CNL rya Agato Rwasa ritavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi CNDD FDD, baravuga ko ubujura bwatangiye kwigaragaza kubera kuburabuzwa, guterwa ubwoba kwâabarwanashyaka baryo. Ibi Rwasa akaba abibona ko hashobora kuba kwiba amajwi nkuko byabaye mu 2010. Kandi aravuga ko baterwa ubwoba bababwirwa […]
Hon. Sebaba: Si ndi Yozefu, si ndi Désiré, si ndi Petero, mwe munyita nde?
Bakunzi ba Sebaba mwongeye kwirirwa, muraho ni amahoro? Erega ndabizi muba munkumbuye murankunda nanjye ni uko. Twahuje amaraso kandi ndabizi nta kindi kibitera usibye amahoro twese duharanira kandi tukayakunda. Maze iminsi nibaza igituma igihe tumaranye nta nâumwe urambaza irindi zina ryanjye rya kabiri bamwe bita rya gikirisitu ryiyongera kuri iri rya gipagani nsanganywe. Ndakeka ko […]
Ingabo zâu Burundi zatangiye kuva ku butaka bwa RDC
Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko ingabo zâiki gihugu zatangiye kuva ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, nyuma yâaho bitangajwe ko habanje ibiganiro hagati ya Perezida Pierre Nkurunziza na FĂ©lix Tshisekedi. Ingabo zavuye muri RDC ni izo mu birindiro biri mu Ntara ya Cibitoke, zihagera zambutse umugezi wa Rusizi nkâuko SOS Media yabitangaje […]
Bibiliya yabaye umuyoboro w’icengezamatwara y’ubukoloni
Mu Rwanda rwa mbere y’umwanduko w’abakoloni, uburyo bwo guhererekanya inkuru n’amateka byakorwaga mu buryo bw’ibitekerezo kuko nta bumenyi bwo kwandika nk’uko tubufite none bwari buhari. Ibyerekeye imyemerere nabyo babihererekanyaga batyo, ijambo ry’Imana n’ukuri kwayo bari babizi neza cyane kuko byari biri mu mitima yabo, ntaho babisoma mu nyandiko. Ibi kandi ni nako byahoze no muyindi […]
Kenya: Yishwe n’ababyeyi be nyuma yo gusaba ko bamuha ku nkwano za mushiki we
Umusore wâimyaka 25 wo mu cyaro cya Kamweani mu gace ka Kithimani muri Machakos muri Kenya, Francis Mulwa yishwe nâabo mu muryango we be nyuma yo kubasaba ko bagira icyo bamugenera ku nkwano zari zakowe mushiki we. Mulwa yishwe na bashiki be babiri’ Mary Nduku naTeresia Nthenya ndetse na Se Bernard Muthama Kilundo, nyuma yo […]
Nyuma yo kwemeza umuti wa Covid-19, Madagascar igiye kugerageza n’urukingo
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yatangaje ko mu cyumweru gitaha bazatangira igerageza ry’urukingo rw’indwara ya Covid-19, ruziyongera ku muti aherutse kwemeza. Uru rukingo ruzageragerezwa mu kimera cya Artemisia kiboneka muri iki gihugu, kikaba ari nacyo cyabonetsemo uyu muti witwa Covid-Organics Perezida Rajoelina yemeje ko uvura Covid-19. Uyu Mukuru w’igihugu yemeje ko igeragezwa ku rukingo rwa […]
Papa Benedigito avuga ko hari abagamije âkumucecekeshaâ
Uwahoze ari Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Benedicto XVI atangaza ko hari abantu baba badashaka ko atanga ibitekerezo bye ku ngingo zimwe na zimwe zireba Kiliziya, bitwaje ko yarwanyije ko ibyâubutinganyi abyita ko ari ibya antikirisito ndetse ngo âbagashaka kwibasira ibitekerezo bye.â Joseph Ratzinger, amazina ye asanzwe afite imyaka 93, mu rwandiko ruvuga […]
Kwibuka26 : Abajyanama ba Perezida Mitterrand bakomeje gushyigikira Leta yakoraga jenoside
Munyandiko ya Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, igaragaza uko Ubufaransa bwakomeje gushyigikira Leta yâ u Rwanda yakoraga Jenoside iyobowe na Sindikubwabo, nyamara iyo Ubufaransa bubishaka hari hamwe na hamwe mu Rwanda Abatutsi bari bashoboye kwirwanaho, bashoboraga kurokoka nko mu Bisesero. Ku itariki 4 gicurasi 1994, Perezida Tewodori Sindikubwabo yagiranye ikiganiro kirekire kuri telefoni na […]
Abaturuka Nyagasambu, Nyamata na Ruyenzi bemerewe gukorera ingendo i Kigali
Nyuma y’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 aherutse gushyirwaho nâinama yâabaminisitiri yakuragaho gahunda ya Gumamurugo , yavugaga ko nta ngendo zemewe hagati yâUmujyi wa Kigali nâizindi Ntara, uduce tumwe twa Rwamagana na Bugesera mu Burasirazuba, ndetse na Kamonyi ahanini dutuwe nâabakorera mu mujyi wa Kigali twashyizwe mu bemerewe ingendo zambukiranya intara. Umuyobozi Mukuru wâUrwego Ngenzuramikorere […]
COVID-19: Abagore miliyoni 7 bashobora kuzatwita bitateganyijwe-UN
Ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye cyita ku baturage (UNFPA) kivuga ko abagore bagera kuri miliyoni zirindwi bashobora kuzatwita inda zitateganyijwe mu gihe ibihe byo kuguma mu rugo kubera Coronavirus byaba bimaze amezi atandatu. UNFPA ivuga ko muri ibi bihe, ibitaro byitaye cyane ku kuvura abarwayi ba Coronavirus, abandi baturage bagasabwa kubigana ari uko habaye ikibazo kidasanzwe, ari […]
RDC: Imfungwa 104 zo muri gereza ya gisirikare zimaze kwandura Covid-19
Urwego rushinzwe kurwanya Covid-19 muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwatangaje ko Gereza ya Gisirikare ya Ndolo imaze kugaragaramo imfungwa 104 zanduye indwara yâicyorezo cya Covid-19 nyuma yâimibare mishya yo kuri uyu wa 3 Gicurasi 2020. Nyuma yo kugaragaramo imfungwa ya mbere yandujwe nâuwayisuye, handuye izindi eshatu mu minsi yakurikiyeho. Icyo gihe hatangiye igikorwa cyo […]
Isano hagati y’amadini na leta: abafatanyabikorwa cyangwa abasenyabikorwa
Idini na Leta ni inzego ebyiri zigira aho zihurira zikanagira aho zitandukanira, zuzuzanya cyangwa buri rwego rwigenga rimwe na rimwe. Mbere yo gucukumbura imikoranire iri hagati y’izo nzego, kureba niba ari abafatanyabikorwa cyangwa abasenyabikorwa, ni byiza kubanza kumenya “idini” na “leta” icyo bivuze. Idini ni iki? Mu gitabo cye yise “Ukubaho k’umuntu” Musenyeri Alexis Kagame, […]
Rubavu: Umukobwa yasanzwe yambaye ubusa aziritswe ku giti
Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 18 utatangajwe amazina yasanzwe mu Kagari ka Nyundo, Umurenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo kuwa 3 Gicurasi, yasanzwe yambaye ubusa kandi aziritse ku giti. Umwe mu baturage bahaye amakuru Bwiza.com avuga ko ” Uyu mukobwa yari yambaye ubusa buri buri kandi ntiyabashaga kuvuga. Ubuyobozi bwamujyanye ku […]
Kenya: Bahiye ubwoba ubwo babonaga umuhanda urigita

Abaturage, abagenzi ndetse nâabatwazi bâibinyabiziga mu gace ka Nakuru muri Kenya, bahiye ubwoba ubwo babonaga umuhanda witiriwe John Momanyi urigita ahantu hikoze nkâubuvumo. Impamvu zâirigita ryâuyu muhanda zikekwa ziratandukanye. Abaturage bamwe bavuga ko ryatewe nâimvura nyinshi yaguye muri aka gace, amazi yo mu biyaga nka Nakuru na Naivasha agakora icyuho munsi yâuyu muhanda. Hari abakeka […]
Kavukire; ijambo risanzwe ariko ryica rikanakiza
Kavukire ni ijambo risanzwe rikoreshwa mu Kinyarwanda risobanura umuntu wavukiye ahantu akanahakurira. Ni ijambo rikurura gutonesha, guheza no guhohoterwa, bamwe bakaribonera mu ndorerwamo yâivangura. Ririca iyo ritumye umuntu ahezwa ku nyungu rusange, rigakiza iyo undi atagize icyo yimwa. Iyo ijambo âkavukireâ ritaba ikibazo, ntabwo abirabura muri Amerika bari kugirwa abacakara, bakabuzwa amahirwe yo guhatanira imyanya […]