Umutwe w’inyeshyamba udasanzwe umenyerewe mu matwi ya benshi, FRB-Abarundi ni wo wigambye ko wagabye igitero kuwa 17 Ugushyingo, ku birindiro by’ingabo z’u Burundi bikagwamo abatari bake. Izi nyeshyamba zivuga ko ziharanira impinduramatwara mu Burundi nk’uko mu itangazo zashyize hanze nk’uko inkuru ya Igihe.com ivuga. Zavuze ko ari zo zagabye igitero ku birindiro by’igisirikare cy’Uburundi ku musozi wa Twinyoni muri Komini Mabayi, mu Ntara ya Cibitoke. Wagize uti “Umutwe FRB-ABARUNDI, uramenyesha Abarundi n’amahanga ko ari wo wateye ibirindiro byari i Mabayi-Marura byariho abasirikare ba FDN 112, interahamwe 30, Imbonerakure 18, bose hamwe bari 160. Hapfuye 38, hakomeretse bane, 18 bararokotse naho ababuze ni 100. Ingabo zacu ziri mu gihugu hagati.” Ni imibare ihabanye kure n’iyatangajwe n’Igisirikare cy’Ubuurndi (FDN) cyavuze ko cyatakaje abasirikare 10, ariko ko hari n’ababuriwe irengero, Cyemeje kandi ko c 22 mu bateye cyabivuganye. Ku rundi ruhande izi nyeshyamba ntizivuga abatakaje ubuzima ku ruhande rwazo. Nyuma y’iki gitero Umuvugizi w’Igisirikare cy’ u Burundi, Maj.Emmanuel Gahongano, yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko abarwanyi bateye baturutse mu Rwanda, gusa U Rwanda ruza kubihakana. Izindi nyeshyamba zitwa RED-TABARA ziherutse kwigamba ko nazo zagabye igitero ku Burundi gusa byagaragaye ko zakubiswe bidasubirwano na FDN.


