Ibisasu bibiri byahitanye byibuze abantu 103 ndetse bikomeretsa abandi benshi mu muhango wo wo kwibuka no kwizihiza isabukuru y’imyaka ine Qassem Suleimani apfuye , umuyobozi w’ingabo za Quds Irani akaba n’umwe mu bagabo bakomeye mu burasirazuba bwo hagati.
Umwe mu bayobozi bakuru yavuze ko ibyo bisasu ari igitero cy’iterabwoba, atasobanura neza uwashobora kuba inyuma yabo.
Bamwe mu babyiboneye bavuze ko ibi bisasu bibiri byaturitse mu minota 10 itandukanye mu mujyi wa Kerman uherereye mu majyepfo yo hagati.Nk’uko amakuru ya Irna abitangaza, igisasu cyaturikiye muri metero 700 (0.4 km) uvuye aho Suleimani yashyinguwe naho icya kabiri cyari kilometero imwe (kilometero 0,6).
Ibitangazamakuru bya Leta muri Irani byavuze ko Babak Yektaparast, umuvugizi w’ubutabazi muri iki gihugu, avuga ko abantu 73 bishwe abandi 170 barakomereka. Televiziyo ya Leta yaje kuvuga ko abapfuye bagera kuri 103.
Ibyo bisasu byabereye mu mihanda igana Golzar Shohada, Ubusitani bw’abahowe Imana i Kerman. Ni mu gihe umurambo wa Suleimani ushyinguwe mu irimbi hamwe n’abandi bantu 1024 bafatwa nk’intwali.
Suleimani yiciwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe na Amerika i Bagidadi mu 2020 kandi yagaragaye nk’umuyobozi uyobora ingabo za Irani muri Iraki na Siriya.


