Ishyaka LDP riri ku butegetsi mu Buyapani rimaze gutora Yoshihide Suga nk’umukuru waryo mushya wo gusimbura Shinzo Abe uheruka kwegura, binamwongerera amahirwe yo kuba Minisitiri w’Intebe ukurikira.
Muri Kanama ni bwo uwari Minisitiri w’Intebe w’Ubuyapani, Shinzo Abe yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe kubera uburwayi bwo mu mara.
Yoshihide Suga w’imyaka 71, asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa leta iriho ubu, kandi benshi biteze ko ari we uzatsindira kuba Minisitiri w’Intebe.Yoshihide yakoraniraga bya hafi na Shinzo Abe wari Minisitiri w’Intebe ku buryo abenshi bavuga ko nta gitunguranye kuba ari we watorewe kumusimbura.
BBC ivuga ko Suga yatsinze n’ubwiganze bw’amajwi 377 muri 534 bagize ishyaka Liberal Democratic Party (LDP) bemerewe gutora.
Kuri ubu, ubwo ishyaka LDP ryamaze guhitamo umuyobozi waryo mushya, ku wa gatatu w’iki cyumweru hazaba andi matora mu Nteko Ishinga Amategeko, aho bisa nk’ibizwi neza ko Yoshihide azagirwa Minisitiri w’Intebe kubera ubwiganze bw’iri shyaka mu nteko Ishinga Amategeko.
Naramuka atowe azakomerezaho kuri manda yari igeze muri kimwe cya kabiri cy’uwo yaba asimbuye. Amatora ateganyijwe muri Nzeri 2021.


