img_20200921_073027.jpg

Kagere na Ally bafunguye konteri z’ibitego muri shampiyona ya Tanzania

Sangiza iyi nkuru

Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu Amavubi, Meddie Kagere na Ally Niyonzima, ku Cyumweru bitwaye neza bafasha amakipe yabo kwitwara neza ku munsi wa gatatu wa shampiyona ya Tanzania.

Ni shampiyona ibarizwamo amakipe atanu afite aho ahuriye n’Abanyarwanda.

Yanga Africans ikinamo Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Haruna Niyonzima; Simba SC yo ikinamo rutahizamu Meddie Kagere, Azam FC ikinamo Ally Niyonzima, KMC ikinamo Mugiraneza Jean Baptiste bita Miggy mu gihe Namungo FC itozwa n’Umunyarwanda Thierry Hitimana.

Ayo makipe yose yashoboye kwitwara neza ku munsi wa gatatu wa shampiyona ya Tanzania, uretse Namungo yatsinzwe na Tanzania Prisons igitego 1-0 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Kuri uwo munsi Yanga Africans yatsinze Kagera Sugar igitego 1-0, cyatsinzwe n’umukongomani Mukoko Tonombe.

Haruna Niyonzima na Michael Sarpong bari bagiriwe ikizere cyo kubanza mu kibuga n’umutoza Zlatko Krmpotic.

Umunsi w’ejo ku cyumweru ni wo wahiriye cyane abakinnyi b’Ikipe y’igihugu Amavubi, kuko babiri muri bo bashoboye gutsinda ibitego byabo bya mbere muri shampiyona ya Tanzania.

Meddie Kagere nyuma yo kuyobora abatsinze ibitego byinshi muri shampiyona za Tanzania ebyiri ziheruka, yafunguye konteri y’ibitego ikipe ye inyagira Biashara United ibitego 4-0.

Kagere wari wagiriwe ikizere cyo kubanza mu kibuga mbere yo gusimbuzwa mu gice cya kabiri cy’umukino, yatsindiye Simba igitego cya gatatu ku munota wa 75 w’umukino.

Mu gihe Kagere yafashaga Simba kwitwara neza, Ally Niyonzima wari wagiriwe ikizere cyo kubanza mu kibuga we yafashaga Azam FC gutsinda Mbeya City igitego 1-0.

Igitego rukumbi cyatsinzwe n’uyu musore ukina hagati mu kipe y’igihugu Amavubi ku munota wa 25 w’umukino, ni cyo cyahesheje Azam amanota atatu yayifashije gukomeza kuyobora shampiyona ya Tanzania n’amanota icyenda.

KMC ya Miggy nyuma yo kwitwara neza mu mikino ibiri iheruka, irakina umukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona ya Tanzania kuri uyu wa Mbere yakirwa na Mwadui FC. Ni umukino ushobora kuyihesha umwanya wa mbere mu gihe yaba iwutsinze, dore ko yanganya amanota icyenda na Azam ya mbere gusa ikaba yasigara iyirusha umubare w’ibitego izigamye.

img_20200921_073027.jpg

img_20200921_080606-2.jpg

img_20200921_074033-2.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *