Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, irasa n’iyakandagije ikirenge mu matsinda ya CAF Confederation Cup nyuma yo kunyagira Red Arrows yo muri Zambia ibitego 3-0.
Simba yari yakiriye Red Arrows mu mukino ubanza wa kamarampaka wo gushaka itike y’amatsinda ya CAF Confederation Cup wabereye i Dar es Salaam ejo ku Cyumweru.
Umunyarwanda Meddie Kagere uri kwitwara neza muri iyi minsi nk’ibisanzwe yari yongeye kugirirwa icyizere cyo kubanza mu kibuga.
Umunota wa 16 w’umukino wari uhagije kugira ngo umunya-Ghana Bernard Morrison afungurire Simba amazamu.
Ni igitego uyu musore uzwi muri Tanzania nka BM3 yatsinze kuri Coup-Franc, nyuma y’ikosa yari amaze gukorerwaho inyuma gato y’urubuga rw’amahina.
Nyuma y’iminota itatu yonyine ni bwo Kagere yahagurukije abafana ba Simba babarirwa mu bihumbi 30 bari bateraniye muri Stade ya Benjamin Mkapa.
Kagere n’ubwo yatsinze iki gitego, akaza gakomeye kakozwe na Benard Morrison wari wabanje gucengagura abakinnyi ba Red Arrows mbere yo gutereka umupira ku kirenge cya Kagere utagowe no kuwushyira mu izamu.
Simba yarangije akazi ku munota wa 76 w’umukino Benard Morrison ayitsindira igitego cya gatatu.
Iyi kipe kutagera mu matsinda ya CAF Confederation Cup birasaba ko byibura yatsindirwa ibitego 4-0 mu mukino wo kwishyura uzabera mu gihugu cya Zambia.


