Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, yataye muri yombi umugabo w’imyaka 52 ukurikiranweho gushinga iduka ricuruza inzoga n’urumogi.
Amakuru dukesha Polisi y’u Rwanda avuga ko uwatawe muri yombi ari uwitwa Niyonsaba Jean Paul w’imyaka 52. Uyu ngo ubwo abapolisi bageraga aho akorera ubucuruzi bwe basanze ari gucuruza inzoga muri butike saa yine z’ijoro . Iyi butike kandi ngo baje gusangamo n’udupfunyika 52 tw’urumogi natwo bikekwa ko ariwe waducuruzaga.
Umuyobozi wa Polisi w’umusigire mu karere ka Kamonyi, Chief Inspector of Police (CIP) Aloys Bugingo yavuze ko gufatwa kwa Niyonsaba kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi, ariko ubwo abapolisi bajyaga kumufata basanze arimo gucuruza inzoga muri iyo butike ndetse harimo abakiriya 10 barimo kunywa.
CIP Bugingo yakomeje avuga ko Niyonsaba yakoze ibyaha bitandukanye birimo gucuruza ibiyobyabwenge (urumogi) ndetse no kurenga ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 agacuruza inzoga bitemewe.
Ati: “Usibye icyaha cyo gucuruza urumogi, uriya muturage yafashe butike ayigira akabari mu gihe utubari ubwatwo tutemewe muri ibi bihe. Byongeye bariya barimo kunywa mu masaha Leta yavuze ko nta muntu ugomba kugeza saa tatu ataragera iwe mu rugo.”
Niyonsaba akimara gufatwa yemeye ko yari asanzwe acuruza urumogi kuko ngo utwo dupfunyika 52 yasanganwe ari two yari asigaranye mu turenga 500 yari yararanguye.
Kuri ubu Niyonsaba yahise ashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge kugira ngo hatangire iperereza, naho abantu 10 bafatiwe muri butike ye bashyikirijwe ubuyobozi bacibwa amande yo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.


