KCCA yanze akayabo APR FC yayihaye ngo iyigurishe myugariro wayo w’Umunyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya KCCA yo mu gihugu cya Uganda, yanze akayabo ka $50,000 (arenga 48,000,000 Rwf) APR FC yifuzaga kuyiha kugira ngo igurishwe myugariro Kato Samuel Nemeyimana.

Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko akomoka i Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba, gusa ababyeyi be barimo se w’Umunyarwanda na nyina w’Umunya-Uganda batuye i Kisoro muri Uganda.

Yazamuwe mu kipe nkuru ya KCCA nyuma yo kwitwara neza mu kipe yayo y’abato.

Amakuru avuga ko APR FC na KCCA bagiranye ibiganiro yemwe APR ikemera kwishyura ibihumbi 50 by’amadorali ya Amerika kugira ngo ibone uriya mukinnyi, gusa iyi kipe y’i Kampala ikayatera utwatsi.

Nemeyimana usanzwe akina mu mutima w’ubwugarizi aheruka gutangariza Royal FM ko yagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa APR FC, bukamubwira ko bumwifuza muri iyo kipe y’Ingabo z’igihugu.

Yagize ati: “APR FC ubuyobozi bwabo bwaranyegereye bunsaba ko nazaza gukinira iyi kipe. Nababwiye ko bumvikanye na KCCA nta kibazo naza kubakinira”.

Nemeyimana kandi yahishuye ko APR yamwijeje ko aramutse aje kuyikinira byamworohera gukinira ikipe y’Igihugu Amavubi, na cyane ko ari yo yifuza gukinira kurusha Imisambi ya Uganda.

Myugariro Nemeyimana ufatwa nk’umwe mu beza muri Uganda kuri ubu, Mu mwaka ushize yari yahamagawe n’umutoza Johnny McKinstry mu ikipe yagombaga kwitabira CECAFA, gusa ibyo ntibyamubuza gukinira Amavubi.

Aramutse aje muri APR FC yaba yiyongereye ku bandi bakinnyi bakina ku mwanya nk’uwe barimo Manzi Thierry, Mutsinzi Ange Rwabuhihi Placide na Prince Buregeya, ibyatumye APR ihindura uburyo bw’ikikinire igakinisha ba myugariro batatu bakina bigarira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *