Kenya: Guverineri ari ku gitutu azira kuvuga ko abaturage barahabwa inzoga nk’umuti wa Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Guverineri w’umurwa wa Nairobi muri Kenya, Mike Sonko ntabwo yorohewe nyuma yo kuvuga ko abaturage barahabwa amacupa y’inzoga ihenze yo mu bwoko bwa Hennessy, avuga ko ari umuti w’indwara y’icyorezo ya Covid-19.

Ku wa kabiri tariki ya 14 Mata 2020 ni bwo Guverineri Sonko yagize ati: “Tuzaha abaturage uducupa twa Hennessy mu dupaki tw’ibiribwa. Ndatekereza ko ubushakashatsi bwa WHO buvuga ko alcohol igira uruhare runini mu kwica Coronavirus.”

Ibyo Guverineri Sonko yatangaje kuri ubu bushakashatsi ni ikinyoma kuko uyu Muryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO) yasabye abatuye Isi kugabanya ingano y’ibisindisha banywa kuko ‘bitarinda abantu Coronavirus.”

WHO mu butumwa yatanze tariki ya 14 Mata, yavuze ko ikiyobyabwenge gica intege umubiri, ukaba wagabwaho ibitero n’udukoko dutandukanye nka Coronavirus, mu buryo butworoheye kuko abasirikare bawo baba batakibasha guhangana natwo.

Ubu bushakashatsi ni bwo abaturage muri Kenya bashingiyeho bibasira Guverineri Sonko nk’uko bigaragara mu butumwa bwatanzwe kuri videwo y’uyu muyobozi kuri Twitter ya The Citizen TV.

Ibitekerezo byinshi byatanzwe, bigaragaza gutungurwa kwa bamwe no kunenga amagambo ya Guverineri Sonko yafashwe nk’ubuzizi. Icyakoze hari abagaragaje ko bakunda agatama (inzoga), bamushimira kuba abibuka muri iki gihe.

Si ubwa mbere Guverineri yibasiwe bitewe n’ibikorwa ashinjwa cyangwa yakoze kuko mu mwaka ushize yigeze gutabwa muri yombi akurikiranweho ibyaba birimo ruswa no kunyereza umutungo, ariko afungurwa amaze kugirwa umwere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *