Rutahizamu Meschack Elia yongeye kwemera gukinira ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kubisabwa na Perezida Félix Antoine Tshisekedi.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Werurwe ni bwo uyu mukinnyi usanzwe ukinira Young Boys yageze i Kinshasa, mbere y’umukino w’ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar Les Léopards ya Congo Kinshasa igomba guhuriramo na Les Lions de l’Atlas ya Maroc.
Ni umukino ugomba kubera kuri Stade des Martyrs i Kinshasa kuri uyu wa Gatanu, mbere y’uwo kwishyura ugomba kubera muri Maroc.
Meschack Elia yari amaze igihe adakinira ikipe ya Congo Kinshasa nyuma yo gushwana n’umuherwe Moise Katumbi w’ikipe ya TP Mazembe yahoze akinira.
Aba bombi bagiranye ibibazo muri 2019 ubwo uriya mukinnyi yavaga muri TP Mazembe akerekeza muri Anderlecht yo mu Bubiligi, nyuma y’igihe gito agatandukana na yo mu buryo butunguranye akerekeza muri Young Boys yo mu Busuwisi.
Bivugwa ko Moise Katumbi yarakariye cyane Meschack Elia akanamutera ubwoba amushinja kumwubahuka, nyuma yo kudakurikiza inama yari yaramugiriye ubwo yavaga muri TP Mazembe.
Kuva muri 2019 uyu rutahizamu yari yaranze kwitabira ubutumire bwa Congo Kinshasa.
Uyu rutahizamu amakuru aturuka i Kinshasa avuga ko yongeye kwitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu cye nyuma yo guhamagarwa na Perezida Tshisekedi akamwizeza ko ntacyo azigera aba.
Congo Kinshasa ikomeje kwitegura Maroc mu rwego rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi iheruka kwitegura mu 1974.


