Nyuma y’igihe havugwa inkuru z’uko umubano wa Kimenyi Yves n’umugore we Muyango Claudine utari wagenze neza, uyu munyezamu yemeye ku mugaragaro ko ari mu rukundo n’umugore uzwi nka Nana uba muri Australia.
Ibi byagarutsweho mu kiganiro cya Live kuri TikTok yakoranye na Nana ndetse n’uwitwa GodFather. Muri icyo kiganiro, Kimenyi Yves yabajijwe niba Nana ari uwo bahoze bakundana, asubiza ko atari uwo bahoze bakundana ahubwo ko ari umukunzi we w’ubu, ibintu Nana nawe yemeje avuga ko amukunda cyane.
Nana yavuze ko urukundo afitanye na Kimenyi rukomeye kandi ko yamufata nk’umugabo we nyakuri. Yanasobanuye ko n’igihe kizaza bazakomeza gukundana.
Mu bindi byakuruye abantu benshi, Nana yemeje ko abana b’impanga afite ari aba Kimenyi Yves, avuga ko nta muntu wamwambura uburenganzira bwo kuvuga ukuri kuri abo bana.
Amakuru amaze igihe acicikana avuga ko uyu mugore yari yaranigeze gutangaza ko mu gihe Muyango yari atwite imfura ye, we yari ari kurera impanga za Kimenyi wenyine. Icyo gihe ariko yagiye yumvikana ahakana ayo makuru ndetse anahakana ubutumwa bivugwa ko yari yaranditse.
Kimenyi Yves yongeye kuvugwaho cyane muri iyi minsi mu gihe hari hamaze igihe humvikana amakuru y’uko atakibanye neza na Muyango Claudine.
Kimenyi na Muyango bakoze ubukwe mu 2024 nyuma y’imyaka itanu bari bamaze bakundana kuva mu 2019, ndetse banabyaranye umwana wa mbere mu 2021.
Muyango Claudine yamenyekanye cyane nyuma yo kwegukana ikamba rya Nyampinga uberwa n’amafoto muri Miss Rwanda 2019, mu gihe Kimenyi Yves ari umwe mu banyezamu bazwi mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, wakiniye amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports.


