Kapiteni Lionel Messi wa FC Barcelona, yanditse ubutumwa bwuzuye imbamutima asezera kuri Artulo Vidal byemejwe ko agomba kuva muri iriya kipe y’i Catalunya.
Byitezwe ko Vidal ukomoka mu gihugu cya Chile kuri uyu wa Mbere atangazwa nk’umukinnyi mushya wa Inter Milan yo mu Butaliyani. Ni ku ncuro ya kabiri uyu mugabo w’imyaka 33 agiye gukina muri kiriya gihugu, dore ko myaka itanu ishize yakiniraga ikipe ya Juventus.
Amakuru avuga ko Inter Milan imutangaho miliyoni imwe y’ama-Euro.
Artulo Vidal na Luis Suarez na we bivugwa ko agomba kuva muri FC Barcelona nyuma yo kutishimirwa n’umutoza Ronald Koeman, bombi basanzwe ari incuti magara za Lionel Messi bakomoka ku mugabane umwe wa Amerika y’Amajyepfo.

Messi abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, yabwiye Vidal yemeza ko ari umunyamahirwe [Messi] kuba barakinanye, ashimangira ko azakumburwa cyane mu rwambariro rwa FC Barcelona.
Messi yagize ati: “Nari nkuzi gusa ubwo twagendaga duhura kandi buri gihe wambereye igitangaza, ariko nyuma nabaye umunyamahirwe wo guhura nawe ku giti cyanjye kandi warushijeho kuntungura. Hari hashize imyaka ibiri dusangira ibintu byinshi, kandi warigaragaje. Urwambariro ruzagukumbura.”
Messi yunzemo ati: “Ndakwifuriza ibyiza ahashya ugiye kwerekeza, mu kipe yawe nshya. Tuzongera duhure ni ukuri.”

Vidal yahise amusubiza ati: “Urakoze ikivejuru! Ntewe ishema no kuba narakinannye n’igihangange mu mateka kandi ndagushimira ku bw’ubucuti bwawe. Ndagukumbuye. Tuzabonane vuba.”
Arturo Vidal yari umukinnyi wa FC Barcelona kuva mu myaka ibiri ishize, nyuma yo kuyigeramo avuye muri Bayern Munich yo mu Budage.
Yatandukanye n’iyi kipe y’i Catalunya nyuma yo kubwirwa ko atari mu mibare y’abakinnyi umutoza Ronald Koeman yifuza.



