Lionel Messi yeseje umuhigo ukomeye wari ufitwe na Xavi Hérnandez muri FC Barcelona

Sangiza iyi nkuru

Lionel Messi yaraye atsindiye FC Barcelona ibitego bibiri muri 4-1 yanyagiyemo Huesca, yesa umuhigo wari ufitwe na Xavi Hérnandez wo gukinira iriya kipe imikino myinshi mu mateka.

Lionel Messi yakinaga umukino wa 767 yambaye umwambaro wa FC Barcelona.

Ibitego bibiri yatsinze byiyongera ku cya Antoine Griezmann n’icya myugariro Oscar Mingueza, byari bihagije kugira ngo FC Barcelona ibone intsinzi ifatika kuri Huesca, ndetse n’ikizere cyo kuba yatwara igikombe cya shampiyona ya Espagne kiriyongera.

Ni Huesca yabonye impozamarira ku munota wa 45 w’umukino ibifashijwemo na Penaliti itavuzweho rumwe ya Rafa Mir, nyuma y’uko umusifuzi yari amaze kwemeza ko uyu rutahizamu yakoreweho ikosa n’umuzamu Marc-Andre Ter Stegen.

Mu gice cya kabiri Mir yashoboraga gutsindira Huesca igitego cya kabiri, gusa umupira mwiza yari ahawe na mugenzi we imbere y’izamu ryari rirangaye awuteresheje igituza uca hejuru gato y’izamu.

Muri Stade ya Camp Nou hari hamanitse icyapa kinini cyariho ifoto ya Xavi afatanye na Messi, iherekejwe n’amagambo agira ati: “Touching The Sky”, bikaba mu rwego rwo guha icyubahiro Messi wari umaze imikino 766 atsinda ibitego ubundi akararama yazamuye intoki ebyiri [nk’uko buri gihe abigenza yishimira ibitego].

Lionel Messi weseje umuhigo wa Xavi Hérnandez wo kuba umukinnyi wa mbere mu mateka umaze gukinira FC Barcelona imikino myinshi, amaze gutwarana na yo ibikombe 34 birimo 10 bya shampiyona ya Espagne.

Ni nyuma yo kuyikinira umukino wa mbere wemewe n’amategeko ku itariki ya 16 Ukwakira 2004, ubwo yinjiraga mu kibuga asimbuye mu mukino ikipe ye yari yahuriyemo na Espanyol.

Byitezwe ko Lionel Messi azaca agahigo ka Xavi Hérnandez ku Cyumweru, mu gihe azaba akinnye umukino FC Barcelona izasuramo Real Sociedad.

Nyuma yo gufungura amazamu ku munota wa 13 w’umukino akanatsinda agashinguracumu ku munota wa 90, Messi yahise yuzuza ibitego 661 nk’umukinnyi wa FC Barcelona.

Gutsinda Huesca byafashije FC Barcelona kwisubiza umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 59, mu gihe shampiyona ya Espagne ikibura imikino 11 igasozwa.

FC Barcelona irarushwa amanota ane na Atletico Madrid ya mbere, na yo ikarusha abiri Real Madrid iyikurikiye.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *