Loni yashyize M23 mu gatebo kamwe na ADF na CODECO

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Abibumbye biciye mu butumwa bwawo bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), washyize M23 mu mitwe ikorera muri Congo yica abaturage benshi kurusha indi.

Ni ibikubiye muri raporo MONUSCO iheruka gusohora; izashyira M23 mu gatebo kamwe n’imitwe y’iterabwoba ya ADF na CODECO.

Iyo raporo ishinja iyi mitwe uko ari itatu kuba hagati ya Kamena na Nzeri uyu mwaka yaragize uruhare mu bikorwa byinshi bihonyora uburenganzira bwa muntu, birimo ibitero byatwaye ubuzima bw’abasivile biganjemo abo mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri zimaze igihe zarayogojwe n’intambara.

MONUSCO muri raporo yayo ivuga ko mu mezi atatu ashize nka ADF isanzwe irwanya ubutegetsi bwa Uganda yishe abasivile 467 barimo abagore n’abana; igakurikirwa na M23 ishinjwa kwica abasivile 71.

Ni mu gihe CODECO imaze igihe ikorera ubwicanyi muri Ituri yo ngo yishe abaturage 61, na ho imitwe ya Maï-Maï yo igashinjwa kwica abantu 36.

Raporo icyakora inashinja Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse na Polisi y’iki gihugu kuba na bo barishe abaturage 346 mu mezi atatu ashize.

Kugeza ubu yaba iriya mitwe cyangwa FARDC nta wuragira icyo atangaza ku bikubiye muri iriya raporo.

Nka M23 icyakora inshuro nyinshi yakunze guhakana kwica abasivile, ahubwo ikavuga ko irokora abo mu duce igenzura ikabakiza ubwicanyi bw’ingabo za Leta ya RDC n’imitwe ikorana na zo; by’umwihariko uwa FDLR.

M23 mu itangazo iheruka gusohora yashinje MONUSCO kuba ari yo igira uruhare mu bwicanyi bukorerwa abaturage, ahanini bitewe n’imikoranire imaze igihe ifitanye n’Ingabo za Leta ya Kinshasa n’imitwe yitwaje intwaro bakorana.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Loni yashyize M23 mu gatebo kamwe na ADF na CODECO
    Ariko ibya UN ni amayobera kombona umubare wabasivile bavugango FARDC yishemumirwano ibahuza na m23 ari 400 uwa m23 ukaba 71 m23 niba bayishyize mugatebokamwe nizoza CODECO/FDLR/Maimai/ADF/ FARDC yo bayishize muwuhe mwanya? ibihanose bayihanye nibihe? ibibintu birimo urujijo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *