Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yavuze ko igihugu cye gifite ikimera kidasanzwe gishobora gutuma Madagascar ihindura amateka y’Isi ikavumbura umuti w’icyorezo cya Virusi ya Corona. Perezida Rajoelina yahishuye iby’icyo giti kidasanzwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo yari kuri televiziyo yo muri kiriya gihugu. Asobanura iby’icyo giti yagize ati ” Nakiriye ibaruwa ivuga ko Madagascar ifite umuti ushobora kuvura nako ntabwo sinavuga ko ushobora kuvura Coronavirus kuko utaremezwa.” Uyu mutegetsi yavuze ko mu ibaruwa bamwandikiye bamubwiye ko icyo kimera gishobora kuvura Coronavirus neza, gusa ntiyagira byinshi agisobanuraho cyangwa ngo avuge uwamwandikiye iyo baruwa, nk’uko Dailymail dukesha iyi nkuru yabitangaje. Umukuru w’igihugu cya Madagascar yavuze ko batangiye kwitegura kugerageza icyo giti, ndetse abahanga bakomeye na za Laboratwari zo muri Madagascar zikaba zaragaragaje ubushake bwo gushaka umuti wa Coronavirus. Perezida Rajoelina yongeyeho ati ” Tugiye gukora igerageza ryacu, kandi ndabizi neza ko Madagascar izabona uyu muti. Tugiye guhindura amateka y’Isi yose.” Imibare yerekana ko muri Madagascar habarurwa abarwayi ba Coronavirus 93. Muri bo iki cyorezo kikaba nta n’umwe kirica. Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo, Leta ya Madagascar yashyizeho ibihe bidasanzwe byari kurangirana n’itariki ya 05 Werurwe, gusa Leta y’iki gihugu iherutse gutangaza ko ibi bihe byongereweho ibyumweru bibiri. Ibyo bihe bijyana no gufunga ubucuruzi bwose butari ubw’ibanze, guhagarika ubwikorezi rusange n’amasaha yo gutaha mu gihugu hose guhera saa munani zijoro. Amashuri, za kaminuza, insengero n’amazu y’ibitaramo bikomeje gufungwa kandi birabujijwe guterana kw’abantu barenga 50.


