Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame ari i Nairobi muri Kenya, aho yifatanyije na mugenzi we Margaret Kenyatta mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.
RBA yatangaje ko ari ibirori byanitabiriwe na Perezida Uhuru Kenyatta.
Mu Rwanda uyu munsi wizihirijwe mu Karere ka Gakenke. Ni ibirori byitabiriwe na bamwe mu baminisitiri muri guverinoma.
Ibikorwa by’abagore ni byo byabimburiye ukwizihiza uyu munsi, aho aba bayobozi beretswe banasobanurirwa bimwe muri byo.

Amafoto: RBA


