Magufuli yasabiye Kenya inkunga ikomeye mu baturage be

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania akaba n’umukandida w’ishyaka CCM, Dr John Pombe Magufuli, yasabye abaturage b’ibihugu cye gusengera igihugu cya Kenya, kugira ngo nacyo gitsinde Covid-19 nkuko bayitsinze.

Ni ubutumwa Perezida Magufuli yageneye abaturage b’ibihugu cye, bwahuriranye nuko none tariki ya 10 n’iya 11 Ukwakira , Kenya yateguye amasengesho azahuriramo abayozozi bakuru b’igihugu n’abaturage, mu rwego rwo gusabira igihugu ngo gitsinde icyorezo cya Covid-19 gikomeje gukaza umurego muri iki gihugu.

Perezida Magufuli yasabye abaturage be kwifatanya n’abanya-Kenya mu gusengera igihugu cyabo cyugarijwe na Covid-19, ubwo yari mu rugendo rwo kwiyamamariza manda ya kabiri yo kuyobora iki gihugu.

Yagize ati “birakwiye ko tubafasha gusenga kugira ngo Cirona ive iwabo nk’uko Imana yayivanye hano muri Tanzania.”

Mu gihe cy’iki cyorezo cya Covid -19, Kenya na Tanzania byagiranye amakimbirane ashingiye ku kwemerera no kwangira abaturage kwambuka imbibi z’ibihugu byombi.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru perezida Uhuru Kenyattta wa Kenya yatangaje ko agiye gusaba abaturage bose gusenga cyane, kugira ngo iki cyorezo gishire mu gihugu.

Muri ayo masengesho aba uyu munsi kandi Perezida Kenyatta yatangaje ko baranazirikana ibindi bibazo byugarije iki gihugu, kugira ngo Imana irebe icyo yakora.

Aya masengesho muri Kenya arimo kuba atambutswa imbonankubone kuri Radio na Televiziyo by’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *