Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yasabye Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cye kwirinda kwihutira gusaba ‘inkingo za COVID-19 zikomeje kwamamazwa n’ibihugu by’amahanga.’
Magufuli yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari mu gace ka Geita, avuga ko ibyo kwifashisha inkingo za COVID-19 bidakwiye gufatwa nk’ibintu byoroshye.
Ati: “Mugomba guhagarara bwuma. Inkingo ni mbi cyane. Niba umuzungu yarashoboye gukora inkingo, kugeza ubu yakabaye yarabonye inkingo za Sida, yakabaye yarabonye inkingo z’igituntu, yakabaye yarabonye inkingo za Malaria, yakabaye yarabonye inkingo za kanseri kugeza ubu.”
Magufuli yakomeje asaba abanya-Tanzania kwitondera ibintu abanyamahanga babazanira.
Ati: “Ntitugatekereze ko badukunda cyane. Iki gihugu kirakize cyane. Afurika irakize kandi buri wese agirira ishyari ubukire bwacu bwinshi. Tugomba kuba abanyamakenga cyane.”
Perezida wa Tanzania yasabye Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cye kuzakoresha inkingo ari uko zahawe uburenganzira n’inzobere z’abanya-Tanzania, mu rwego rwo kwirinda ko Tanzania yaba nk’igihugu atavuze mu izina kigeze gutanga inkingo ku bakobwa bacyo kibwira ko zirinda kanseri, bikarangira bahindutse ingumba.
Ati: “Hari igihugu, abana b’abakobwa – bafite munsi y’imyaka 14 – bakingiwe icyitwa kanseri y’inkondo y’umura, ariko nyuma biza kugaragara ko uru rukingo rugamije gutuma batabyara.”
“Minisiteri y’ubuzima igomba kumenya ko inkingo zose zidafite akamaro ku gihugu cyacu. Abanya Tanzaniya bagomba kubizirikana kugira ngo tutazakoreshwa mu kugerageza inkingo zimwe na zimwe zishidikanywaho zishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwacu.”
Magufuli yasabye abaturage be gushyira Imana imbere ya byose mu gihe bubahiriza amabwiriza yashyizweho, ngo kuko ishobora byose, yungamo ko yamenye ko hari abanya-Tanzania bagiye hanze y’igihugu bagahabwa inkingo zasize binjijwe Virusi ya Corona mu mibiri yabo.



2 Responses
Magufuli yasabye abanya-Tanzania kwitondera inkingo za COVID-19 ziri kwamamazwa n’amahanga
Ibyo Peresida wa Tanzania avuga byo kugira amakenga nibyo. Ntazafatwe nkuwavuze ubusa. Abwirwa benshi akumva beneyo.
Magufuli yasabye abanya-Tanzania kwitondera inkingo za COVID-19 ziri kwamamazwa n’amahanga
Ibyo Peresida wa Tanzania avuga byo kugira amakenga nibyo. Ntazafatwe nkuwavuze ubusa. Abwirwa benshi akumva beneyo.