Magufuli yishongoye ku bihugu bifite inzara byatewe no kwirinda Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yishongoye ku bihugu byafashe ingamba zikakaye zo gukumira icyorezo cya Covid-19, byamara bigahura n’inzara.

Aya magambo ya Magufuli yumvikana mu mashusho y’ubutumwa aherutse guha abaturage ayoboye. Abasaba kwita ku masambu, bagahinga cyane, mu gihe amahanga yazagenera kugura umusaruro wabo, bakazazamura ibiciro cyane uko babishaka.

Aha aragira ati: “Bari kubura ibiribwa kubera ko bashyizeho ibihe bidasanzwe (lockdown) mu gihe twe twavunikaga dutunganya amasambu yacu. Twite ku masambu yacu maze nitugurisha andi mahanga, tuzazamure ibiciro cyane pe! Muzabace menshi mushaka.”

Tanzania iri mu bihugu bigize akarere k’Afurika y’Iburasirazuba bitigeze bishyiraho gahunda ya ‘Guma mu Rugo’ bitewe no kwirinda ihungabana ry’ubukungu bwabyo. Perezida Magufuli yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko hari ibikorwa atahagarika birimo ibijyanye n’ubukungu ndetse n’amasengesho.

Iki gihugu kandi cyumvikanyemo izamuka ry’imibare y’abandura Covid-19 riteye inkeke muri Gicurasi kugeza mo hagati, ubwo imibare y’abanduye itari igitangazwa. Icyo gihe hari hamaze kubarurwa abanduye 480, Magufuli ntiyizera ibyuma bipima iki cyorezo. Icyo gihe yakoresheje iperereza ryigenga, rigaragaza ko ibyuma byo muri Laboratwari Nkuru y’Igihugu bifite ikibazo.

Icyo gihe Perezida Magufuli yirukanye umuyobozi mukuru w’iyi laboratwari, nyuma yongera kumvikana avuga ko umwana we yarwaye iki cyorezo, arangije anywa indimu na tangawizi maze arakira.

Kudafata ingamba zikakaye zo gukumira iki cyorezo kwa Perezida Magufuli nk’uko yagiye abivuga mu bihe bitandukanye, kugaragaza kutagiha uburemere nk’uko abandi bakuru b’ibihugu baba abo mu Karere babigenza. Gusa ariko na none byakomeje gutera impungenge abaturanyi ba Tanzania, bibaza niba bidashobora kubagiraho ingaruka nko kwanduzwa n’abaturutse muri icyo gihugu nk’abashoferi b’amakamyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *