Maj. Willy Ngoma yavuze Impamvu Amnesty International yashinje M23 ubwicanyi no gufata ku ngufu

Sangiza iyi nkuru

Umuryango mpuzamahanga ushinzwe guharanira Uburenganzira bwa Muntu, Amnesty International, washinje umutwe wa M23 ibyaha birimo ubwicanyi no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa; ibyo uyu mutwe wanyomoje.

Amnesty International muri raporo iheruka gusohora, yavuze ko mu Ugushyingo umwaka ushize M23 yafashe ku ngufu abagore 66 mu duce twa Kishishe na Bambo mu Burasirazuba bwa RDC.

Uyu muryango uvuga ko hari abantu 12 waganiriye na wo muri turiya duce, bakawubwira ko abarwanyi ba M23 babasambanyije ku ngufu, ku buryo ngo babakukanwagaho ari batandatu.

Ku bwa Amnesty International, ngo abarwanyi ba M23 bakoze biriya byaha mu gisa no “guhana no kwihorera ku basivile bashinjaga gushyigikira umutwe wa FDLR” muri kariya gace.

Umwe mu bavuga ko yahohotewe yagize ati: “Barinjiye bafata abagabo barindwi bari bahari barabica. Maze abasirikare batanu badufata ku ngufu. Batwitaga abagore ba FDLR.”

Undi mugore yavuze ko yasambanyijwe ku ngufu n’abarwanyi ba M23 batatu tariki 30 Ugushyingo, inyuma y’urusengero yari yahungiyeho imirwano ya M23 n’izindi nyeshyamba.

Ati: “Bavugaga ko twese turi aba FDLR. Barobanuye abagabo barabarasa barabica, barimo umugabo wanjye n’abahungu banjye babiri. Abasirikare batatu ba M23 banjyanye inyuma y’urusengero banyakukanwaho. Numvaga ntari burokoke.”

Raporo ya Amnesty International ishinja M23 gufata ku ngufu ije ikurikira izindi zishinja uyu mutwe kwicira muri Kishishe abanye-Congo barenga 100 mu Ugushyingo umwaka ushize.

Ni raporo cyakora cyo ubuyobozi bw’uriya mutwe bwamaganiye kure, binajyanye n’uko abarimo impuguke za Loni zayikoze batigeze bagaragaza amazina y’ababa barishwe.

Umuvugizi w’Igisirikare cya M23, Major Willy Ngoma, avuga kuri iriya raporo nshya ishinja abarwanyi b’uriya mutwe gufata ku ngufu; yavuze ko ibyatangajwe na Amnesty International ari ibinyoma bigamije gusiga icyasha M23.

Yabwiye BBC ati: “Baravuga ngo twafashe ku ngufu abagore barenga 60, ibyo bintu ntibishoboka. Ibyo ntabwo biri mu mikorere yacu, abantu bose baratuzi. Abo bantu [Amnesty] ntibigeze bakandagira i Kishishe ngo barebe abo bagore bavuga ko twafashe ku ngufu uko bamerewe.”

Major Willy Ngoma yakomeje agira ati: “Abagore n’abakobwa bari hariya babayeho mu bukene bukabije, ni abantu batabona n’isabune yo gukaraba. Abantu bakennye bashobora kuvuga icyo ushaka cyose [ko bakubwira] kugira ngo gusa babone icyo kurya. Ni ubukene butuma abantu bahimba inkuru nk’izo.”

“Twebwe nta na rimwe dushobora gufata ku ngufu abagore bababaye nka bariya, ni ababyeyi bacu, ni bashiki bacu…biriya ni ukubeshya gukabije. Nta musirikare wacu wakora ibyo, ntibishoboka.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *