Malawi: Uwahoze ari Minisitiri akurikiranweho guha Pasiporo uwakoze Jenoside

Sangiza iyi nkuru

Uladi Mussa wabaye Minisitiri muri Guverinoma ya Malawi, afunzwe azira guha Pasiporo mu buryo butemewe n’amategeko impunzi z’Abanyarwanda zituye muri kiriya gihugu, zirimo n’izifite aho zihuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mussa wabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu igenzura ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka, mu byaha ashinjwa harimo kuba yarahaye Pasiporo Vincent Murekezi ukekwaho kugira urihare muri Jenoside.

Murekezi uyu afungiye hano mu Rwanda, nyuma yo kuhoherezwa mu mwaka ushize kubera ibyaha bitandukanye yakorewe muri Malawi. Yazanwe kurangiriza igifungo cye mu Rwanda mbere y’uko atangira gukurikiranwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, byatumye akatirwa n’Inkiko Gacaca.

Ibyaha azira yakoreye muri Malawi birimo ruswa no kunyereza imisoro y’abarirwa muri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 200 by’ama Kuacha akoreshwa muri kiriya gihugu. Ni ibyatumye mu myaka itatu ishize akatirwa igifungo cy’imyaka itanu n’ubutabera bwo muri Malawi.

Murekezi Vincent yari amaze imyaka irenga 10 ari umwe mu bahigwa, gusa akaba yarakoreshaga ubucuti afitanye na bamwe mu bagize Guverinoma ya Malawi, ku buryo banamuhaye Pasiporo ya forode yo kugenderaho.

Yohererejwe u Rwanda nyuma y’amasezerano yo guhererekanya abanyabyaha rwasinyanye na Malawi.

Mu 2017 ni bwo Uladi Mussa yari yatawe muri yombi ari kumwe na David Kwanjana wari umuyobozi w’Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka, gusa aza kurekurwa atanze ingwate.

Bombi bashinjwaga kwirengagiza inshingano zabo no gusesagura umutungo wa Leta, nk’uko itangazo ryasohowe n’inzego z’umutekano za Malawi bakimara gutabwa muri yombi ribivuga.

Ku munsi w’ejo ubwo aba bagabo bombi bongeraga kugezwa imbere y’ubutabera, umucamanza Chifundo Kachale wo mu rukiko rw’i Lilongwe yatesheje agaciro iyo ngwate.

Byitezwe ko urukiko ruzabakatira mu cyumweru gitaha.

Urubanza rwabo rwaregwagamo abandi bantu babiri, gusa urukiko rwahisemo kubagira abere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *