Martin Fayulu yabwiye Abakongomani ko Tshisekedi ntaho azabageza

Sangiza iyi nkuru

Martin Fayulu Madidi, umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’amashyaka yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rizwi nka LAMUKA, yasabye umuryango mpuzamahanga n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi, gufasha Congo kwikura mu bibazo byavutse mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu 2018.

Ku wa Mbere tariki ya 12 Ukwakira ni bwo Martin Fayulu yatorewe kuba umuhuzabikorwa wa LAMUKA, akazamarana izo nshingano amezi atandatu.

Uyu mugabo usanzwe ari umuyobozi w’ishyaka (ECIDĂ©), ku bwe ngo Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi ntaho azageza RDC.

Ati: “Mwabonye ko mwakosheje cyane. Mwashyigikiye iyi FCC-CACH itarigeze itsinda amatora. Uyu munsi wa none mukwiye kumenya ko iri huriro ntaho rizatugeza, hatari mu gihugu cyuzuye icuraburindi.”

Yunzemo ati: “Ndabasaba kwikusanya. FĂ©lix Tshisekedi ntaho azatugeza. Ntashobora kugeza iki gihugu aho abaturage bashaka ko kijya kandi murabibona. Nta n’umwe muri mwebwe washutswe ariko ntimushaka kubivuga uyu munsi. Ndabasaba kudufasha kwikura muri iki kibazo, hari ibisubizo.”

Martin Fayulu yashimangiye ko ari ngombwa ko habaho amavugurura mbere y’uko amatora rusange ateganijwe mu 2023.

Si ubwa mbere Martin Fayulu asebya Perezida FĂ©lix Tshisekedi wamutsinze mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri 2018.

Nko muri Mata umwaka ushize, yasabye Perezida Félix Tshisekedi kwegura ku mirimo ye, ngo kuko ntaho aganisha RDC.

Icyo gihe yavuze ko ingengo y’imari yakabaye ikoreshwa umwaka wose, Tshisekedi yari amaze kuyikoresha mu minsi ijana.

Ikindi ngo ni uko atiyumvishaga uburyo igihugu kimara amezi atatu kitagira Minisitiri w’Intebe na Guverinoma.

Perezida Tshisekedi ashinja kutagira aho ageza RDC, mu myaka ibiri amaze ku butegetsi ashimirwa ibintu bitandukanye, birimo kuba yaragerageje kugarura agahenge mu gice cy’Uburasirazuba bwa RDC cyari cyarabaye indiri y’imitwe yitwaje intwaro, nubwo atarayihashya burundu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *