Kapiteni wa FC Barcelona n’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, Lionel Messi, yaturitse ararira ubwo we na bagenzi be bafataga umunota wo kwibuka rurangiranwa Diego Armando Maradona uheruka kwitaba Imana.
Byabaye ku wa Gatanu ubwo Messi na bagenzi be bari mu myitozo bitegura umukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona ya Espagne bahuriramo na Osasuna.
Maradona yitabye Imana ku wa Gatatu w’iki cyumweru azize indwara y’umutima.
Amafoto FC Barcelona yashyize ku rubuga rwayo rwa Twitter, yerekana Messi na bagenzi be bunamye bacecetse, ubwo bari bafashe umunota wo kwibuka Maradona, gusa ikinyamakuru SPORT cyavuze ko nyuma Messi yananiwe kwifata araturika ararira.
Uriya munya-Argentine Messi yaririye, yanyuze mu makipe akomeye nka FC Barcelona na Napoli yo mu Butaliyani, ndetse no mu kipe y’igihugu ya Argentine yafashije gutwara Igikombe cy’Isi cyo mu 1986.
Uretse kuba we na Messi bombi ari abanya-Argentine, Maradona yatoje Messi mu kipe y’igihugu ya Argentine kugeza mu mwaka wa 2010.
Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo Diego Maradona yasezeweho bwa nyuma n’ibihumbi by’abanya-Argentine, mbere yo kujya gushyingurwa mu irimbi rya Jardin Bella Vista riri i Buenos Aires mu murwa mukuru wa Argentine.
Umuhango wo gushyingura Maradona witabiriwe na bake mu bagize umuryango we, Perezida wa Argentine, Alberto Fernández ndetse n’incuti ze za hafi zirimo Umunya-BrĂ©sil Edison Arantes do Nascimento uzwi nka Pele.


