Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yemeje ko ibikorwa bya siporo zose bisubukuwe guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Kanama.
Ni ibikubiye mu ibaruwa Minisitiri Munyangaju yandikiye abayobozi b’amashyirahamwe yose y’imikino mu Rwanda.
Minisitiri Munyangaju yagize ati: “Nyuma yo gusuzuma ingamba mwatugejejeho zizakurikizwa mu gihe cy’isubukurwa ry’imikino mu myitozo ndetse no mu marushanwa, hashingiwe ku ngamba zo kwirinda Covid-19, ibikorwa bya siporo byemerewe gusubukurwa guhera ku wa Mbere tariki 28 Nzeri 2020.”
Ku wa Gatanu Tariki ya 18 ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, Minisitiri wa siporo yari yavuze ko bitarenze intangiriro z’ukwezi kwa 10 amakipe yo mu mikino ya Basketball n’umupira w’amaguru azatangira gukora imyitozo nyuma y’amezi ayinga arindwi bahagaze.
Minisitiri Munyangaju yavuze ko bamaze igihe mu biganiro n’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda kuri gahunda y’igihe imikino yagarukira, avuga ko bitarenze intangiriro z’ukwezi kwa 10 amakipe yo mu mikino ya Basketball n’umupira w’amaguru bazaba bongeye gukina.
Basketball n’umupira w’amaguru ni bo bemerewe kubera ko ari bo bagejeje gahunda yabo muri Minisports.
Minisports yasabye ko “buri shyirahamwe ritegura ingengabihe y’amarushanwa n’imyitozo risabwa kubanza kubishyikiriza Minisports ribisabira uburenganzira rikabanza kubuhabwa.”
Yibukije kandi amashyirahamwe y’imikino ko ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19 zigomba kubahirizwa mu gihe cy’imyitozo, ahakorerwa na ho hagashyirwa ingamba zo kurinda ubuzima bw’abakinnyi n’abandi bose.


