Modern Coast Express yahagaritse ingendo zayo mu Rwanda, Uganda na Tanzania

Sangiza iyi nkuru

Kompanyi y’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu yo muri Kenya, ‘Modern Coast Express’ yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo yakoreraga mu bihugu bitandukanye byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba birimo Uganda, u Rwanda na Tanzania kubera Coronavirus.

Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane, Modern Coast Express yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo zigana muri ibi bihugu guhera tariki 19 Werurwe 2020 igendeye ku mabwiriza yatanzwe na Guverinoma ya Kenya nyuma y’uko Coronavirus igaragaye muri iki gihugu.

Yatangaje ko izongera gusubukura ingendo zayo ari uko icyorezo cya Coronavirus kigabanyije umurego hakurikijwe amabwiriza inzego z’ubuzima z’ibihugu zizajya zitanga cyane cyane muri Kenya.

Iyi kompanyi yatangaje ko abari barishyuye amafaranga y’ingendo ziva cyangwa zerekeza muri ibi bihugu bakwegera amashami yayo abegereye bagasubizwa amafaranga yabo cyangwa bagahindurirwa amatike bakazayakoresha mu gihe ingendo zizaba zongeye gusubukurwa.

Abaturage basanzwe ari abanya-Kenya baturuka mu bihugu byahagarikiwe ingendo aribyo Uganda, u Rwanda na Tanzania nibo bonyine bemerewe kwinjira mu gihugu cya Kenya bagashyirwa mu kato k’iminsi 14 kugirango harebwe niba nta Coronavirus bafite.

Ibihugu bitandukanye byahagaritse ingendo zibiganamo ziva mu mahanga mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.

Iyi kompanyi y’abanya-Kenya ikora ingendo zo ku butaka itangaje iki cyemezo nyuma y’uko u Rwanda rutangaje ko ruhagaritse ingendo z’indege ziza n’iziva mu Rwanda harimo na RwadAir mu gihe cy’iminsi 30 ishobora no kuzongerwa mu gihe Covid-19 yaba itagabanyije umuvuduko iriho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *