Mozambique yabonye Perezida mushya nyuma y’amatora yaranzwe n’imvururu

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo y’amatora muri Mozambique yatangaje ko ishyaka FRELIMO riri ku butegetsi ari ryo ryatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka kuba.

Ibi bivuze ko Daniel Chapo wari uhagarariye FRELIMO mu matora ari we ugomba gusimbura ku butegetsi Filipe Nyusi urangije manda ebyiri.

Chapo w’imyaka 47, wabonye amajwi 71%, azaba Perezida wa mbere wavutse nyuma y’uko Mozambique ibonye ubwigenge kuri Portugal mu mwaka wa 1975.

Uwamukurikiye bya hafi mu bo bari bahatanye ni Venancio Mondlane, wabonye amajwi 20%.

Mu ijambo rye nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, Chapo yagize ati: “Twaracecetse muri iki gihe cyose, ku bwo kubaha amategeko. Turi ishyaka rikorera kuri gahunda ritegura intsinzi zaryo.”

Icyakora Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, i Maputo no mu bindi bice bya Mozambique habaye imyigaragambyo irimo urugomo ku buryo hari abantu benshi bishwe.

Ni nyuma y’ibirego by’uburiganya n’iyicwa ry’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi byatumye habaho imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’igihugu.

Mu bandi bakandida, Ossufo Momade wari uhagarariye ishyaka RENAMO ryahoze ari umutwe w’inyeshyamba yaje ku mwanya wa gatatu n’amajwi 6%.

Imibare yatangajwe yatunguye abatora benshi, barimo bamwe mu bashyigikiye ishyaka riri ku butegetsi, by’umwihariko batungurwa no kuba FRELIMO yatsinze ku majwi menshi.

Fernando Mazanga, umuyobozi wungirije w’akanama k’amatora washyizweho na RENAMO, yavuze ko “ibyatangajwe binyuranyije n’ubutabera bw’ibyavuye mu matora”.

Yagize ati: “Ibi byatangajwe nta ho bihuriye n’ukuri.”

Akanama k’amatora kavuga ko, ku bantu barenga miliyoni 17 biyandikishije gutora, abagera kuri 43% ari bo bitabiriye aya matora.

Amatora y’abadepite n’abakuru b’intara na yo yabereye rimwe n’aya matora ya perezida.

FRELIMO yatsindiye imyanya 195 mu myanya 250 y’abagize inteko ishingamategeko. Ishyaka PODEMOS ritavuga rumwe n’ubutegetsi, ryashyigikiye Mondlane nk’umukandida perezida, ryabonye imyanya 31, naho RENAMO ibona imyanya 20.

FRELIMO yanatsinze amatora yose yo ku rwego rw’intara.

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, Perezida Nyusi yishimiye intsinzi ya FRELIMO, mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo y’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *