Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda aherekejwe n’abiganjemo abuzukuru be, kuri uyu wa Kabiri batembereye mu gace ka Kisozi mu Karere ka Gomba aho basuye ibikorwa bye bwite birimo n’ifamu y’inka zigera ku 3,000 ahorerera.

Chimp Reports yanditse ko nyuma y’amezi arenga 6 Covid-19 igeze muri Uganda, Perezida Museveni yari yarabuze umwanya wo gusura inka ze asanzwe akunda cyane mu gace ka Kisozi.
Umuvugizi wa Perezida Museveni, Lindah Nabusayi yavuze ko hari hashize igihe kinini Museveni asaba abo bireba kumutegurira urugendo rumwerekeza mu gace ka Kigozi afitemo urwuri rw’inka.

Perezida Museveni ari kumwe n’abuzukuru be bafatiye indege ku kibuga cy’indege cya Entebbe. Igihe n’iminsi Museveni n’umuryango we bazamara mu gace ka Kisozi ntikizwi, gusa abakora mu biro bye bemejeko mu minsi 2 yavuze ko atazaboneka mu kazi.



