Mu Rwanda umubare w’abashomeri wazamutseho 9% mu bihe bya Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cy’igihugu cy’ubushakashatsi (NISR) mu bushakashatsi cyakoze mu bihe bya Covid-19 bugashyirwa ahagaragara tariki ya 19 Kanama 2020, cyerekanye ko umubare w’abashomeri wazamutse ku kigero cya 9% muri ibi bihe bya Covid-19

Ikigo kivuga ko mu bushakashatsi cyakoze kuva muri Gashyantare kugeza muri Gicurasi uyu mwaka bwagaragaje ko umurimo mu Rwanda ari rumwe mu nzego zibasiwe n’icyorezo cya Covid-19 kurusha abandi.

Urugero ubushakashatsi butanga ni uko urwego rw’umurimo mu Rwanda , igipimo cy’ubushomeri cyavuye kuri 13.1% kigagera kuri 22.1% ku ijana mu mezi abiri gusa.

Ubu bushakashatsi kandi bwerekana ko abagore n’urubyiruko aribo bibasiwe cyane n’ubushomeri muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19. Urubyiruko ruri mu bushomeri mu Rwanda rungana na 27.2% naho abagore badafite akazi bo bangana na 25.5%.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko abagabo batewe ubushomeri na Covid-19 bangana na 17.9%. Muri rusange ikigero cy’ubushomeri mu migi kingana na 21% naho mu duce tw’icyaro ubushomeri buri ku kigero cya 22.3%.

Kuva mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka kugeza muri Gicurasi, ikigero cy’ubushomeri mu Rwanda cyavuye kuri 13.1 ku ijana kigera kuri 22.1 ku ijana mu mpera za Gicurasi. Ibi bivuze ko ikigero cy’ubushomeri mu mezi 3 ya Covid-19 cyazamutseho 9%.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *