Umunya-Uganda Musa Esenu yatsindiye Rayon Sports igitego cya mbere, mu mukino we wa mbere yakiniye iyi kipe yipima na Police FC bari bahuriye mu mukino wa gicuti.
Amakipe yombi yari yahuriye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo mu rwego rwo kwitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Wari umukino wa mbere umunya-Portugal Jorge Manuel da Silva PaixĂŁo Santos n’umwungiriza we Pedro Miguel batoje Rayon Sports.
Umunota wa munani w’umukino wari uhagije kugira ngo Rayon Sports ifungure amazamu ku gitego yatsindiwe na Esenu.
Mu kwezi gushize ni bwo uyu rutahizamu w’Umugande yasinye amasezerano y’imyaka ibiri imuvanye mu kipe ya Bul Jinja FC y’iwabo.
Byitezwe ko uyu musore azomgerera imbaraga ubusatirizi bwa Rayon Sports nyuma yo gutakaza umunya-Maroc Youssef Rharb wari ubufatiye runini.
Nyuma yo kotsa igitutu Rayon Sports mu minota ya nyuma, byasabye umunota wa 81 ngo Police FC yishyure igitego yari yatsinzwe ibifashijwemo na Iyabivuze Osée, umukino urangira amakipe yombi anganya.


