Umunya-Brésil Neymar ukinira Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, yavuze ko yiswe ‘Inkende’ akanatukwa kuri nyina na myugariro wa Olympique de Marseille, mbere yo kumukubita bikamuviramo kwerekwa ikarita itukura.
Mu ijoro ryakeye PSG na Marseille zari zahuriye mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Abafaransa warangiye Olympique de Marseille itsinze igitego 1-0, nyuma y’imyaka 10 itazi uko gutsinda PSG bimera. Igitego rukumbi cyatsinzwe na Flaurian Thauvin ni cyo cyatandukanyije amakipe yombi.
Umukino wagaragayemo amakarita 17, arimo 12 y’umuhondo n’atanu atukura yabonetse ku mpande zombi.
Amakarita atukura yabonetse muri uyu mukino yakomotse ku bushyamirane bwabayeho hagati ya Leandro Paredes wa PSG na Dario Benedetto wa Marseille bahise berekwa amakarita atukura, bwatumye n’abandi bakinnyi b’amakipe yombi binjira mu mirwano.
Neymar uri mu binjiye muri ubwo bushyamirane, yeretswe ikarita itukura nyuma y’uko amashusho ya VAR agaragaje ko yakubise mu mutwe myugariro Alvaro Gonzalez.
Neymar asohoka mu kibuga yagaragaye abwira umusifuzi wa kane ko yakorewe irondaruhu, ibyashimangiwe n’amashusho ya Televiziyo ndetse n’amajwi yafashwe na micro zo ku kibuga aho uriya munya-Brésil yumvikanye abaza Gonzalez impamvu yari amukoreye irondaruhu.
Neymar yashimangiye icyatumye akubita uriya munya-Espagne mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yavuze ko yamwise inkende ndetse akanamutuka kuri nyina.
Yagize ati: “Kuba VAR yafashe amashusho y’umujinya wanjye ibyo biroroshye, ariko ubu ndashaka kubona amashusho y’ivanguraruhu nakorewe nitwa ‘Umus**ranyina w’inkende”.
Mbere yo kuvuga ibyo Gonzalez yari yamututse, Neymar yari yanditse kuri Twitter avuga ko icyo yicuza cyonyine ari ukuba yakubise uriya ‘mu***ra’ mu maso.
Gonzalez Neymar yashinje kumukorera irondaruhu, yahakanye ibyo yashinjwe avuga ko “Irondaruhu nta mwanya rifite”, asaba Neymar kwiga kumenya gutsindwa.
Andre Villas Boas utoza ikipe ya Olympique de Marseille aganira na Telefoot nyuma y’umukino, yavuze ko atazi neza niba hari irondaruhu Neymar yakorewe agaragaza ko yizera ko ntaryabayeho.
Abandi bashyamiranye muri uriya mukino ni Layvin Kurzawa na Daniel Amavi bagaragaye bakubitana ibipfunsi, bikabaviramo kwerekwa amakarita atukura.


