Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora akubise incuro uwo bahatanaga

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Politiki witwa Adolf Hitler, yatsinze amatora muri kamwe mu turere tugize igihugu cya Namibia, gusa avuga ko nta mugambi afite wo kwigarurira Isi nk’uwa bazina be washoye Isi mu ntambara ebyiri karundura.

Adolf Hitler Uunona yatowe ku majwi 85% muri Namibia, aho usanga amazina y’imihanda itandukanye n’uduce tumwe na tumwe bifite amazina y’Ikidage.

Ubudage ni bwo bwakoronije Namibia cyo kimwe n’ibihugu birimo n’u Rwanda.

Hitler watsinze amatora agendeye ku itike y’ishyaka SWAPO riri ku butegetsi muri Namibia kuva mu 1992, yabwiye ikinyamakuru Bild cyo mu Budage ko atarajwe ishinga n’ingengabitekerezo y’aba-Nazi (Ishyaka rya Hitler w’Umudage).

Yagize ati: “Data yanyitiriye uyu mugabo. Birashoboka ko atasobanukiwe icyo Adolf Hitler yari agamije. Nkiri umwana nabibonaga nk’izina risanzwe. Ngeze hejuru y’imyaka 10 ni bwo nasobanukiwe ko iri zina ryashakaga kwigarurira Isi.”

Hitler wo muri Namibia avuga ko mu busanzwe Umugore we amuhamagara Adolf Uunona, gusa akaba adashobora guhindura izina rye nyakuri bijyanye nuko yakererewe gusobanukirwa icyo rihatse.

Ati: “Kuba mfite iri zina ntibisobanuye ko nshaka kwigarurira Oshana [agace yatowemo.] Ntibinasobanuye ko nshaka kwigarurira Isi.”

Uunona yatowe ku majwi 1,196 ugereranyije n’uwo bari bahanganye, bimuhesha kwinjira mu buyobozi bw’agace ka Oshana.

Ishyaka rye rya SWAPO ryatsinze amatora mu gihugu hose ku ijanisha rya 57, gusa rikaba ryarasubiye inyuma cyane ugereranyije n’amatora yo muri 2015 ryatsinzwe ku mpuzandengo ya 83%..

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *