Ndayishimiye arangaje imbere abakuru b’ibihugu bazitabira irahira rya Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, arangaje imbere abakuru b’ibihugu bategerejwe i Kampala muri Uganda aho bagomba kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni.

Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni azarahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu y’imyaka ine, mu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo.

Perezida w’u Burundi ni umwe mu banyacyubahiro bakomeye bagomba kwitabira uyu muhango.

Ni nyuma y’uko uyu mukuru w’igihugu mu kwezi gushize kwa Mata yari yagiranye na Museveni ikiganiro kuri terefoni yahise anamuheramo ubutumire, undi ahita amwemerera kuzitabira irahira rye nk’uko Perezidansi y’u Burundi yabitangaje icyo gihe.

Uretse Perezida Ndayishimiye, abandi bakuru b’ibihugu bazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni barimo Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Farmaajo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Salva Kir wa Sudani y’Epfo.

Ba Perezida Nana Akuffo-Addo wa Ghana, Emerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Alpha Condé wa Guinée, na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na bo bari mu bamaze kumenyekana ko bazitabira uriya muhango.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin azohereza umuhagarariye, Muhammadu Buhali wa Nigeria yohereze Visi-Perezida we, mu gihe Gabon izahagararirwa na Minisitiri w’Intebe wayo, Madamu Rose Raponda.

Abandi banyacyubahiro bazitabira irahira rya Museveni barimo Moussa Faki Mahamat usanzwe ari Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki, Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique, Umunyamabanga Mukuru wa CIRGL ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wa IGAD.

Perezida Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri Mutarama uyu mwaka, atsinze amatora yari ahanganyemo n’abarimo Bobi Wine ku majwi 59%.

Ni amatora yabimburiwe n’ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe no kwica ndetse no guta muri yombi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bikozwe n’inzego z’umutekano, ku buryo abarenga 50 baguye mu myigaragambyo yabereye i Kampala abandi benshi bakaburirwa irengero.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *