Polisi yo muri Leta ya Kano muri Nigeria yatabaye uwitwa Ahmad Aliyu w’imyaka 32 wari umaze imyaka 7 afungiwe mu cyumba na muka se.
Aliyu usanzwe atuye mu gace ka Farawa Babban Layi mu majyaruguru ya Nigeria , yatabawe na Polisi ikorera muri ako gace ku bufatanye n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu aha muri iki gihugu ku wa Kane w’icyumweru gishize.
Raporo y’iperereza ya Polisi igaragaza ko Aliyu yasanzwe aziritse iminyururu mu kazu bororeramo inyamaswa kari mu cyumba cye, aho ngo muka se yahamushize amushinja gukoresha ibiyobyabwenge mu mwaka w’2013.
Amakuru y’uko uyu musore yaburiwe irengero yamenyekanye mu miryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri iki gihugu mu mwaka mu 2015, nyuma batangira gushakisha aho yaba yaraburiye.
Ku wa Kane ni bwo babonye amakuru agaragaza ko Aliyu ashobora kuba afungiwe mu rugo iwabo. Aha bahise bitabaza polisi bajya gusaka muri urwo rugo, ari na ho baje gusanga Aliyu afungiwe.
Amashusho agaragaza Aliyu Ahmad atabarwa yatangiye kugaragara ku mbuga nkoranyambaga kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.
Ababyeyi ba Aliyu Ahmad bahise batabwa muri yombi aho bivugwa ko bagiye gukurukiranwa ku iyicarubozo bakoreye uyu mwana wabo.
Amakuru ava mu baturanyi b’umuryango wa Aliyu Ahmad avuga ko nabo batunguwe bakimara kubona ko Polisi itahuye ko yari amaze imyaka igera kuri 7 afungiwe mu rugo iwabo.
Umuyobozi wa Polisi ya leta ya Kano, Abdullahi Haruna Kiyawa yemeje iby’aya makuru, avuga ko bakiri gukusanya amakuru yose ajyanye n’iki kirego cya Aliyu, anizeza ko ibizavamo azabitangariza rubanda iperereza rirangiye.


