Nigeria yemeje ko umugabo wafashe umugore ku ngufu azajya akonwa

Sangiza iyi nkuru

Inteko Ishinga Amategeko yo muri leta ya Kaduna mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria, yemeje gukoresha ibyuma byo kwa muganga mu gukeba udusabo tw’intanga ngabo, nk’igihano ku bahamijwe n’inkiko gufata abagore ku ngufu.

Hafsat Baba, komiseri ushinzwe abagore n’iterambere ry’umuryango muri iyo leta, yavuze ko icyo cyemezo ari inkuru nziza. Yongeyeho ko “bizaca intege” abasambanya abagore ku ngufu

Byitezwe ko ubu Nasir Ahmad el-Rufai, Guverineri wa leta ya Kaduna, agiye gushyira umukono kuri uwo mushinga w’itegeko kugira ngo uhinduke itegeko muri iyo leta.

Inkuru ya BBC ivuga ko muri Kamena uyu mwaka, ba guverineri ba leta zigize Nigeria batangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu kubera gufata abagore ku ngufu n’ibindi bikorwa by’urugomo byibasira abagore n’abana.

Umubare w’imanza z’abakekwaho gufata abagore ku ngufu uracyari ku kigero cyo hasi, ndetse ipfunwe akenshi rituma abagore bafashwe ku ngufu babiceceka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *