Ntibakunze yakaswe imyanya y’ibanga ubwo yari yasinze

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’imyaka 40 wo mu Karere ka Kisoro muri Uganda, Richard Ntibakunze, yakaswe imyanya y’ibanga n’abantu bataramenyekana ubwo yari yasinze kuwa Gatatu nijoro.

Uyu mugabo utuye ahitwa Butaha muri Nyarusiza kuri ubu ari kuvurirwa mu bitaro bya St Francis yasanzwe ku muhanda, aho nta myanya y’ibanga yari afite.

Uyu mugabo Chimpreports ivuga ko asanzwe ari umunywi w’icyatwa yakorewe ibi nyuma y’aho uwitwa Izabayo Codemu w’imyaka 18 na we bari mu bitaro bimwe nyuma yo gukatwa ijosi.

Uyu mugabo yarabazwe ndetse Dr. Jerome Mugisha, umuganga mukuru ku bitaro bya St Francis, yavuze ko ” Agomba kwakira kubaho nta myanya y’ibanga afite.”

Ubusanzwe Ntibakunze yari yaratandukanye n’umugore wamusigiye abana. Muri Mutarama 2022, undi mugabo yari yarakaswe imyanya y’ibanga, aza kuhasiga ubuzima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *