“Nzahamba benshi mu banyifurije gupfa”-Perezida Alpha Conde

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Guinée Conakry, Alpha Conde, yamaganye abavuga ko nta mbaraga agifite zo kuyobora iki gihugu, yemeza ko azashyingura benshi mu bagiye bamwifuriza gupfa mu bihe bitandukanye.

Perezida Conde w’imyaka 82 y’amavuko yavuze ko agifite imbaraga zo kuyobora Guinée Conakry, gusa akaba yarahagaritse abamugenderera kubera icyorezo cya Covid-19.

Ni nyuma y’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bamushinja kubibasira, bakunze kumvikana bamushinja kuba atagifite ubushobozi bwo kuyobora kiriya gihugu kubera iza bukuru.

Perezida Conde aganira na Radiyo yitwa Sabari FM, yasobanuye ko impamvu atagikunda kugaragara ari uko icyorezo cya Covid-19 gikomeje gukwirakwira, ashimangira ko abamushinja intege nke azabashyingura.

Yagize ati” Ndabwiza ukuri abaturage ba Guinée ko nkomeye nk’umurya w’inanga kandi nzi neza ko nzashyingura benshi mu bantu banyifuriza gupfa.”

Guinée Conakry iri mu bihugu bya Afurika byugarijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19, dore ko abacyanduye muri iki gihugu ari 4,258 barimo 23 bishe na 2,942 bagikize.

Cyakora icyorezo nticyatumye iki gihugu kidategura amatora ya kamarampaka, ibyayavuyemo bikaba byerekana ko hari benshi bashyigikiye ko itegeko nshinga rihindurwa kugira ngo Conde agume ku butegetsi nyuma ya manda ye ya kabiri izarangira mu mwaka utaha wa 2021.

Alpha Conde ni Perezida wa mbere wa Guinée watowe binyuze muri Demokarasi muri 2010, mbere yo gutorerwa manda ya Kabiri muri 2015.

Nyuma y’uko manda ebyiri yemererwa n’itegekonshinga ziri kugana ku musozo, yasabye ko itegekonshinga rya Guinée ryahindurwa kugira ngo azashobore kuyobora iki gihugu muri manda ya gatatu, mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo bibangamiye abaturage harimo nko kwangiza imyanya myibarukiro y’abagore.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *