Tariki ya 15 Mata 1986 ni bwo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zakoze Operasiyo yari kwitwa simusiga ku ibwiriza rya Ronald Reagan wari Umukuru w’Igihugu, zohereza indege 45 muri Libya ngo zirimbure Col. Muammar Kadhafi n’umuryango we ariko zibundikira ubusa.
Col. Kadhafi yari yarafashwe nk’icyigomeke ku bihugu bikomeye ku Isi, rimwe na rimwe ashinjwa kohereza ibyihebe kugaba ibitero mu bihugu by’i Burayi, agendekeye ku matwara akaze y’idini rya Isilamu no kuba yari umwanzi ukomeye wa Israël, washyigikiraga Palestine; ibintu byarakaje cyane Amerika.
Bettino Caraxi wari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yari aherutse kwihanangiriza uyu musirikare nyuma yari amaze gushinjwa uruhare mu gitero cyagabwe mu kabyiniro ka ‘La Belle’ i Berlin mu Budage tariki ya 5 Mata 1986, abantu babiri barimo Umunyamerika bakahapfira, abarenga 200 barakomereka.
Uburyo Operasiyo El Dorado Canyon yari yubakitse
Ibirindiro by’ingabo n’urugo rwe byari muri Bab al Azizia muri Tripoli ( umurwa mukuru) ni byo byari bigambiriwe cyane kuko byakekwaga ko Col. Kadhafi ari byo arimo. Byoherejwemo indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-111F zigera mu icyenda zari zihetse misile 36 zo mu bwoko bwa GBU-10.
Ibirindiro bya Murat Sidi Bilal nabyo byoherejwemo indege za F-111F eshatu zihetse misile 12 zo mu bwoko bwa GBU-10.
Ku birindiro bikuru bya gisirikare muri Tripoli na Benghazi hoherejwe indege 6 za A-7E n’izindi 6 za F/VFA-131/131 zari zikoreye amabombe 12 yo mu bwoko bwa AGM-45 Shrike n’andi 36 ya AGM-88 HARM.
Ikibuga cy’indege z’intambara cya Tripoli (umurwa mukuru wa Libya) cyoherejwemo indege za F-111F esheshatu zihetse amabombe 72 yo mu bwoko bwa Mk82.
Ikibuga cya Benina muri Benghazi cyoherejwemo indege 8 zo mu bwoko bwa A-6E zari zikoreye amabombe 24 yo mu bwoko bwa Mk82 n’andi yo mu bwoko bwa Mk20 agera kuri 82.
Ikibuga cy’indege cya Jamahiriyah kiri muri Benghazi cyoherejwemo indege zo mu bwoko bwa A-6E zari zikoreye amabombe yo mu bwoko bwa Mk82 zigera kuri 84.
Ishyirwa mu bikorwa rya operasiyo
Mbere y’uko izi ndege zijya kurasa muri Libya, zabanje kugwa mu Bwongereza bwari bwemeye kuzakira, nyuma zitera zinyuze mu nyanja ya Mediterane ziciye mu kigobe cya Gibraltar kiyihuza na Atlantic.

Indege zose zoherejwe n’Amerika ni 45 ndetse zari zikoreye misile 48 n’amabombe (misile ntoya) 300. Muri rusange harashwe ibisasu 35, kimwe kirayoba, ibindi umunani ingabo za Libya zabirasiye mu kirere, mu gitero cyatwaye iminota itarenze 12.
Indege imwe y’Amerika yo mu bwoko bwa F-111F ni yo yarashwe ndetse n’abapilote bayo babiri baricwa. The New York Times mu nkuru yakoze tariki ya 22 Gashyantare 1987 yitwa ‘Target Kadhafi’ yatangaje ko iyi ndege yarashwe n’iya Amerika habayeho kwibeshya.
Izi ndege kandi zahushije Col. Qaddafi kuko ahantu hose zari zoherejwe atari ahari. We n’umuryango we bari bamaze guhungira kure y’urugo rwe rwari muri Bab al Azizia. Gusa umukobwa we yari yarareze witwaga Hana Qaddafi ngo ashobora kuba yaraharasiwe (The Guardian mu nkuru yasohotse tariki ya 26 Kanama 2011 yavuze ko ashobora kuba yararusimbutse, akaba akiriho mu ibanga) n’abandi bakozi bo muri urwo rugo bagera kuri 44.
Col. Muammar Qaddafi wasimbutse urwo mu 1986, yishwe n’ingabo z’umuryango wa NATO (North Atlantic Treaty Organization) urimo ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. tariki ya 20 Ukwakira 2011 muri Sirte ku ivuko rye. Kwicwa kwe kwatewe byatewe no kuba abaturage bamwe bakoraga imyigaragambyo igamije kumweguza ariko we arabyanga ahubwo yiyemeza guhangana nabo kugeza apfuye.




6 Responses
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa
Iki kigabo Ngo Kadhafi cyari ikihebe cyo mu rwego rwo hejuru. Thanks USA&NATO.
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa
Iki kigabo Ngo Kadhafi cyari ikihebe cyo mu rwego rwo hejuru. Thanks USA&NATO.
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa
Iki kigabo Ngo Kadhafi cyari ikihebe cyo mu rwego rwo hejuru. Thanks USA&NATO.
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa
Cyari kihebe ariko gikunda Africa.
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa
Cyari kihebe ariko gikunda Africa.
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa
Iki kigabo Ngo Kadhafi cyari ikihebe cyo mu rwego rwo hejuru. Thanks USA&NATO.