20251104_074537

Perezida Ibrahim Traoré yakiriye Jacob Zuma baganira ku kubohora Afurika

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Burkina Faso, Kapiteni Ibrahim Traoré, yakiriye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, mu biro bye biherereye i Koulouba, i Ouagadougou.

Uwo muhuro wateguwe ku bufatanye na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Burkina Faso, wari ugamije kuganira ku ngamba z’ubwigenge n’ukwigenga kwa Afurika, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida.

Jacob Zuma, wigeze gufatanya n’intwari Nelson Mandela mu rugamba rwo kurwanya ivanguramoko muri Afurika y’Epfo, yavuze ko yaje kwifatanya na Perezida Traoré mu biganiro bigamije “gukomeza urugamba rwo kubohora Afurika mu buryo bwuzuye.”

Ati: “Numva iki gihugu cya Burkina Faso gikwiye gushimirwa. Kuko cyerekanye ubutwari bwo guhagarara kigaharanira ubwigenge nyabwo bwa Afurika. Nifuje guhura n’umukuru w’igihugu kugira ngo tuganire ku buryo twafatanya muri uru rugendo rwo kubohora umugabane wacu.”

Yongeyeho ko “abakoroni bagifite imyumvire yo kwiyumvisha ko ubutunzi bwa Afurika ari ubwabo,” asaba Abanyafurika kuvuga ko “bihagije, kandi birangiye.”

Zuma yashimye ubuyobozi bwa Kapiteni Ibrahim Traoré, avuga ko uburyo Burkina Faso iri kugerageza kugarura ubusugire n’ubwigenge ari urugero rukomeye ku bihugu byose by’Afurika.

Mu butumwa bwe, yasabye Abanyafurika bose ndetse n’abatuye mu mahanga by’umwihariko abirabura bo mu mahanga  gushyigikira inzira nshya ya Burkina Faso igamije kubaka Afurika yigenga kandi yunze ubumwe.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *