Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze kugera i Malabo mu gihugu cya Guinée-Equatoriale aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Theodoro Obiang Nguema uheruka kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo Perezida Ndayishimiye yageze i Malabo aherekejwe na Madamu we, Angeline Ndayubaha.
Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko urugendo rwa Perezida Ndayishimiye Evariste ruri “mu rwego rwo gushimangira ubucuti n’ubufatanye” hagati y’u Burundi na Guinée-Equatoriale.
Muri Nyakanga uyu mwaka ni bwo Theodoro Obiang Nguema yatorewe kuyobora Guinée-Equatoriale muri manda ye ya gatandatu imwemerera kuyobora iki gihugu mu yindi manda y’imyaka irindwi.
Uyu mukambwe w’imyaka 80 y’amavuko umaze imyaka 43 ku butegetsi, yegukanye intsinzi nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 94,9% nk’uko Komisiyo y’Amatora yabitangaje.






