Mu minsi mike ishize, Afurika cyane cyane mu bihugu nka Ghana na Nigeria, byasakayemo videwo y’abagabo babiri barwanira mu cyumba cy’inama. Ibitangazamakuru byatangaje ko ari Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Farmaajo arwana na Visi Perezida.
Iyi videwo yasakaye henshi kuva tariki ya 15 Kanama 2020, igaragaza abagabo babiri bicaranye ku ntebe, bari kugirana ikiganiro n’itangazamakuru ribatunze za ‘camera’.
Umugabo wambaye ishati y’umukara ndetse n’amadarubindi agaragara avuga ijambo, hanyuma mugenzi we witiriwe Visi Perezida wa Somalia, amufata akaboko k’ibumoso, batangira guterana amakofe, baragundagurana kugeza bituye hasi. Abari imbere ku rubuga rw’abanyamakuru, bagerageza gutabara, abandi bafata amashusho.

Ubusesenguzi bwa mbere ibitangazamakuru nka Tribune Online byakoze, ni ukubanza gusemura amagambo agaragara imbere y’intebe aba bagabo barwanye bicayeho. Handitse mu rurimi rwa Somali hati: “Shirgudoonka Olaha Wakilada”, ibi mu rurimi rw’Ikinyarwanda bisobanuye ngo: “Umuyobozi w’Inteko ishinga amategeko.”
Uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Google Reverse, Tribune yakoresheje ishakisha inkomoko y’iyi videwo, bwayeretse ko ibitangazamakuru nka Vanguard byo muri Nigeria byayikuye ku bayishyize kuri Twitter mu 2019. Mu gukomeza gushakisha, iki gitangazamakuru cyasanze yarasakajwe bwa mbere na televiziyo ya Star yo muri Somalia tariki ya 15 Nzeri 2015.
Icyo iyi videwo yo mu 2015 yavugaga
Mu Nteko Ishinga amategeko ya Somalia, habaye urugamba rwo guhirimbanira umwanya wo kuyiyobora mu mwaka w’2015. Havutse ikibazo ubwo Mohamed Farah yahabwaga umwanya wa Visi Perezida w’Inteko atigeze atorwa, icyo gihe byavuzwe ko icyo yateguye gisa no guhirika ubuyobozi.
Gusa icyo gihe Abdirahman Mohamed Abdullahi wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yageregeje kurwanya uburyo Farah yagiye kuri uyu mwanya, bombi barahangana.
Abagize Inteko bagerageje kunga Farah na Abdullahi, bigera aho tariki ya 27 Nzeri 2015 bajya mu nama bicaye hamwe nk’abiyunze. Byageze aho ubwumvikane bubura ubwo aba bombi bavugaga ijambo, maze baregurana bararwana.
Si Perezida Farmaajo warwanye



2 Responses
Perezida wa Somalia aterana amakofe na Visi Perezida we_Byarabaye?
Mujye mwandika ibyo muzi
Bariya nabo muri somaliland apana somalie republic
Perezida wa Somalia aterana amakofe na Visi Perezida we_Byarabaye?
Mujye mwandika ibyo muzi
Bariya nabo muri somaliland apana somalie republic