Rayon Sports yakuye inota kuri Rutsiro FC yiyushye akuya

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye inota rimwe ku munsi wa mbere wa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda, nyuma yo kunganya na Rutsiro FC igitego 1-1.

Rayon Sports yari yasuye iyi kipe y’i Rutsiro iheruka kuzamuka mu kiciro cya mbere, mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda mu karere ka Rubavu.

Umunota wa 12 w’umukino wari uhagije ngo Rutsiro FC ifungure amazamu ibifashijwemo na Munyurangabo Moise, ku ishoti riremereye uyu rutahizamu yarekuriye inyuma gato y’urubuga rw’amahina umupira uruhukira mu izamu rya Kwizera Olivier.

Rayon Sports yarwanye no kwishyura iki gitego mu minota yakurikiyeho, gusa kumenera mu b’inyuma ba Rutsiro bari maso biragorana.

Iminota 45 ya mbere y’umukino yarangiye Rutsiro iri imbere n’igitego 1-0.

Byasabye abasore b’umutoza Guy Bukasa kwiyuha akuya kugira ngo bashobore gukura inota rimwe ku kipe ya Rutsiro yakinaga neza mu mpande zose z’ikibuga, n’ubwo yari idafite abakinnyi b’inkingi za mwamba nka Romami Frank, Mamadou Mbazumutima, Murengezi Rodrigue n’abandi.

Muri rusange Rayon Sports yihariye igice cya kabiri cy’umukino, gusa uburyo butandukanye yagiye ibona ntiyashobora kububyaza umusaruro uko bikwiye.

Nko ku munota wa 58 Dagnogo yacomekewe umupira mwiza na Omar SidibĂ© yisanga ateganye n’umuzamu wa Rutsiro, ashatse kumuroba umupira uca hejuru y’izamu.

Rayon Sports yishyuye igitego yari yatsinzwe ku munota wa 74 ibifashijwemo na Emmanuel Niyibizi, ku mupira uyu myugariro w’inyuma ibumoso yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina urusha imbaraga umuzamu wa Rutsiro.

Uko imikino yose y’umunsi wa mbere wa shampiyona yagenze

-Marines 2-0 Gorilla

-Sunrise 1-3 Gasogi

-Mukura VS 1-3 Kiyovu Sports

-Espoir 0-0 Bugesera

-AS Muhanga 1-1 Etincelles

-Rutsiro 1-1 Rayon Sports

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *