ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha Umukongomani Manasse Matatu, nyuma y’umwaka yari amaze akinira ikipe ya Gasogi United.
Rayon Sports ibinyujije kuri Twitter yayo yemeje ko Mannase ukina nka rutahizamu wo ku mpande yamusinyishije amasezerano y’imyaka itatu.
Iyi kipe yagize iti :”Rayon Sports inejejwe no gutangaza isinyisha ry’umukinnyi Mpuzamahanga w’Umukongomani Mpuzamahanga Manace Matatu wasinye amasezerano y’imyaka itatu.”
Ni nyuma y’uko Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate ku munsi w’ejo yari yemeje ko ikipe ayobora yamaze kumvikana na Gasogi kuri uriya mukinnyi.
Yagize ati: “Deal yarangiye, magingo aya Manasse Mutatu ni umukinnyi wa Rayon Sports mu myaka iri imbere.”
Amakuru avuga ko Rayon Sports yatanze kuri uriya mukinnyi uri mu bitwaye neza cyane mu mwaka w’imikino ushize abarirwa muri 22,000,000Rwf.
Manasse abaye umuntu wa gatatu uvuye muri Gasogi United yerekeza muri Rayon Sports, nyuma y’umuzamu Olivier Kwizera ndetse n’umutoza Guy Bukasa.
Manasse kandi ni umukinnyi wa kane Rayon Sports yemeje ko imaze gusinyisha, nyuma y’umunya Togo, Alex Harley, Umurundi Nihoreho Arsène wakiniraga Inter Star ndetse na Kwizera Olivier.
Iyi kipe kandi inavugwamo abandi bakinnyi bakomeye nka Hakizimana Muhadjiri, myugariro Emery Bayisenge cyo kimwe n’Umurundi wigeze kuyikinira, Nizigiyimana Abdul Karim bita Mackenzie.


