Ikipe ya Rayon Sports yisubije by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda ibitego 3-2 Marines FC y’abakinnyi 10.
Rayon Sports itaratakaza umukino n’umwe kuva shampiyona itangiye, yari yasuye Marines mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda.
Ni umukino iyi kipe y’umutoza Haringingo Francis Christian yagiye gukina ibizi neza ko utaza kuyorohera, bijyanye no kuba mu mwaka ushize w’imikino Marines yaratitsinze mu mukino ubanza n’uwo kwishyura.
Iyi Marines yakinnye iminota hafi 60 y’umukino ifite mu kibuga abakinnyi 10 bonyine, nyuma y’ikarita itukura yeretswe rutahizamu Mugisha DesirĂ© wari ukiniye nabi myugariro Ndizeye Samuel.
Uyu rutahizamu ni we wari wafunguriye Marines FC amazamu ku gitego yatsinze ku munota wa 21, nyuma y’amakosa y’umunyezamu Hakizimana wananiwe gufunga umupira wari uturutse mu bwugarizi bwa Marines bikarangira awatswe na Mugisha wahise atsinda igitego.
Rayon Sports yishyuye iki gitego nyuma y’iminota itandatu ibifashijwemo n’Umurundi Mbirizi Eric. Hari kuri koruneri yari itewe na Ndekwe FĂ©lix Essomba Willy Onana ateye umupira mu izamu n’umutwe ukurwamo na Ahishakiye HĂ©ritier, mbere y’uko ugarukira Mbirizi wahise awusubiza mu izamu atawuhagaritse.
Onana yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, ku mupira muremure watewe na Ndizeye Samuel arawufunga, mbere yo kuwutereka mu izamu abanje gucenga ba myugariro ba Marines.
Uyu munya-CamĂ©roun yongeye kunyeganyeza inshundura ku munota wa 57 w’umukino nyuma y’umupira yari ahinduriwe na Ndekwe FĂ©lix.
Marines FC yokeje igitutu Rayon Sports mu minota ya nyuma y’umukino, yagabanyije umwenda ibifashijwemo na Gitego Arthur winjiye mu kibuga asimbura.
Gutsinda uyu mukino byatumye Rayon Sports ifata umwanya wa mbere n’amanota 12; ikaba irusha atatu Kiyovu Sports yatsinzwe na Sunrise ibitego 2-1.
Mu yindi mikino: Mukura yatsinzwe na Gorilla FC ibitego 3-2 na ho Bugesera FC itsinda Etincelles FC ibitego 3-1.


