RD Congo : Habonetse umurwayi wa Ebola habura iminsi ibiri ngo hatangazwe ko yakize burundu

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa gatanu muri teritwari ya Beni iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hongeye kugaragara umurwayi w’icyorezo cya Ebola habura iminsi ibiri ngo hatangazwe ku mugaragaro ko Iki cyorezo cyakize burundu muri Congo Kinshasa.

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), ivuga ko uwagaragayeho Ebola muri Beni ari umusore w’imyaka 26 y’amavuko, ibyanemejwe na Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, umuyobozi w’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS.

Dr Tedros abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yagize atii” Nyuma yiminsi 52 nta bwandu bushya, itsinda rishinzwe gukurikirana (Ebola) ryemeje ubwandu bushya. Turiteguye kandi dutegereje ubundi bwandu.”

Dr Tedros yakomeje agira ati ” Ikibabaje ni uko ibi bivuze ko guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itagishoboye gutangaza ko icyorezo cya Ebola cyakize ku wa mbere, nk’uko byari byitezwe. Ariko OMS ikomeje kuba Maso kandi yiyemeje nka mbere gukorana na guverinoma, abaturage bagize ingaruka ndetse n’abafatanyabikorwa bacu kugira ngo irangize iki icyorezo. ”

Kuva ku wa 17 Gashyantare nta murwayi wa Ebola Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari yagatangaje ibyari byatumye iki gihugu gifata icyemezo cyo gutangaza ko iki cyorezo cyakize burundu ku cyumweru Tariki ya 12 Mata.

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo harabarurwa abarenga 2,200 bishwe na Ebola, kuvanwamo iki cyorezo cyahagaragara bwa mbere muri Kanama 2018.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *