Urubyiruko rwo mu gasantere k’ubucuruzi ka Bule, muri Sheferi ya Bahema-Badjere, muri Teritwari ya Djugu, mu Ntara ya Ituri rwatwitse station ya polisi iherereye muri aka gace irashya irakongoka.
Jean-Richard Dhedda Lenga, umuyobozi wa Sheferi ya Bahema-Badjere, ku murongo wa telephone avugana na 7SUR7.CD, yatangaje ko uru rubyiruko rwatwitse iyi station ya polisi mu ijoror ryo kuwa Kane, nyuma y’aho umupolisi yari amaze kurasa umuturage amwegereye nyuma yo kugirana amakimbirane.
Ati: “Habaye intonganya hagati y’umusore n’umupolisi zafashe intera kugeza ubwo uyu ushinzwe umutekano amurasa. Kuba uyu mupolisi yarashe uyu mugabo wapfiriye mu bitaro nyuma y’amasaha make, byateje imyigaragambyo y’urubyiruko. Aba bateye station ya polisi barayitwika.”
Indi station ya polisi iri hafi y’aha kandi nayo yatewe n’abari mu myigaragambyo barakaye bayitera hejuru.
Hari hashize icyumweru izindi station za polisi eshatu zitwitswe n’abaturage mu buryo bujya gusa nk’ubu mu gasantere ka Pluto, na none muri Teritwari ya Djugu. Ibi byabaye nyuma y’urupfu rw’umukomisiyoneri wa zahabu wishwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye.


