RIB yavuze uko abasangiye na Jay Polly bamerewe, umwe ashobora guhuma

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko ruri gukora iperereza ku mfungwa yaba yarakoze, ikanaha uruvange rw’ikinyobwa cyahitanye umuhanzi Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly mu gihe abo bagisangiye bamwe bakiri mu bitaro ndetse umwe muri bo akaba ashobora gukurizamo ubuhumyi.

Raporo ya muganga yagaragarijwe umuryango wa Jay Polly yerekanye ko umutima we wahagaze kubera ikinyowa imfungwa zirimo Jay Polly zasangiye kuwa Kane w’icyumweru gishize.

RIB yabwiye KT Press kuwa Kabiri nimugoroba ko mu banyoye iki kinyobwa barimo : nyakwigendera Jay Polly, Jean Claude Niyomugabo, Jean Clement Iyamuremye na Gilbert Harerimana. Uyu ni na we ukekwaho ko yavangavanze amazi ashyushye, alukolo bakoresha mu kogosha n’isukari.)

Nta gusobanura byinshi, RIB yavuze ko aba bane banyoye kuri iki kinyobwa ariko ntiyavuze uwaba yaragikoze mu gihe byavuzwe ko ibikigize byinjijwe muri gereza rwihishwa.

Dr Murangira avuga ko uwitwa Jean Claude Niyongabo yasezerewe mu bitaro kuwa Kabiri mu gihe abandi babiri bakivurwa. Yavuze ko Jean Clement Iyamuremye we yagize ikibazo cy’ubuhumyi kubera ibyo yanyoye.

Uyu muvugizi ati ” Twavuga ko abandi babiri bagenda boroherwa.”

“ Kuri Gilbert Harerimana, turi gukora iperereza kuko bikekwa ko ari we wahaye icyo kinyobwa bagenzi be, cyari kubahitana. Ibi bihanwa n’amategeko mu ngingo ya 115 agena ibihano mu Rwanda.”

Hari amakuru ko Gilbert Harerimana yari asanzwe afungiwe ibyaha bya jenoside.

Dr. Murangira yasabye abaturage kwirinda kunywa alukolo ikoreshwa mu kogosha kuko ari mbi ku buzima. Yihanganishije kandi umuryango wa Jay Polly avuga ko bibabaje kubura umuntu wakundwaga n’Abanyarwanda batari bake.

Jay Polly yapfuye kuwa 2 Nzeri, aguye mu Bitaro bya Muhima aho yari ajyanwe kuvurirwa. Yashyinguwe ku cyumweru mu marira menshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *