Ikipe ya APR FC, yamaze guhagarika by’agateganyo rutahizamu wayo Ishimwe Kevin azira gusuzugura umutoza mukuru, Mohammed Adil Erradi.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira, ni bwo Kevin yahagaritswe by’agateganyo, anirukanwa mu mwiherero mu gihe ubuyobozi bwa APR FC bukiganira ku bihano agomba gufatirwa.
Ikipe ya APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo yemeje ko yamaze guhagarika uyu mukinnyi ariko ntiyavuga amakosa yakoze, gusa amakuru avuga ko uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko yazize gusuzugura umutoza mukuru.
Ishimwe Kevin yaje muri APR FC avuye mu ikipe ya AS Kigali, asinya imyaka ibiri mu ikipe y’ingabo z’igihugu ndetse yerekanwa ku mugaragaro Tariki 04 Kanama 2019.
Gusuzugura umutoza Mohammed Erradi bishobora kumuvira ibihano gufatirwa ibihano bikomeye birimo no kwirukanwa, nka rutahizamu Sugira Ernest wagize igicibwa muri iriya kipe y’Ingabo z’igihugu azira gusuzugura umutoza.
APR FC kuri uyu wa Kane irakomeza imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino, cyane irushanwa rya CAF Champions league izahagarariramo u Rwanda.
Iyi kipe mu minsi ishize yari afite abakinnyi batanu barwaye Malaria, gusa aba bakinnyi bose bamaze kugaruka mu myitozo ndetse nta n’imvune zirangwa muri iriya kipe.


