Rutahizamu Michel Ndahinduka ‘Bugesera’, wamenyekanye cyane mu kipe ya APR FC n’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yasezeye ku mupira w’amaguru.
Uyu mugabo w’imyaka 30 y’amavuko yahisemo guhagarika gukina umupira w’amaguru, nyuma yo kugira imvune ku kagombambari k’iburyo yatumye adakandagira mu kibuga mu mwaka w’imikino wa 2018/19 ubwo yasubiraga Bugesera FC yamumenyekanishije.
Ndahinduka wahawe izina rya ‘Bugesera’ nyuma yo kumenyekanira muri iyi kipe yo mu Burasirazuba bw’u Rwanda, yakiniye APR FC atwarana na yo ibikombe bitatu bya shampiyona byikurikiranya.
Bugesera kandi yakiniye ikipe ya AS Kigali.
Yemeje isezera rye mu mpera z’icyumweru gishize, mu kiganiro yagiranye na The New Times.
Yagize ati: “Mu buryo bwemewe n’amategeko, nasezeye ku mupira w’amaguru. Iyi mvune yari ikomeye ku buryo natekereje ko ntazongera gukina ku rwego rwo hejuru, ni cyo gihe ngo nite ku bindi bitari umupira.”
Ndahinduka nk’umukinnyi wa Bugesera FC, afite agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere mu mateka washoboye gukinira ikipe y’Igihugu akina muri shampiyona y’Ikiciro cya kabiri. Amavubi yayakiniye imikino 16.
Nk’umukinnyi w’Amavubi yibukirwa ku gitego yatsinze ‘Les Diables Rouges’ ya Congo Brazzaville muri 2015, ubwo Amavubi yayitsindaga ibitego 2-0 mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Mu mwaka w’imikino wa 2012/13 ubwo yari muri Bugesera, ho yatsinze ibitego 28 mu marushanwa yose anayigeza muri 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cy’amahoro, ibyatumye abengukwa na APR FC.
Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu akiyigeramo yayifashije gutwara ibikombe bitatu bya shampiyona, Igikombe kimwe cy’amahoro ndetse ayigeza ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup yo muri 2017.
Bugesera yatandukanye na APR muri 2016 yerekeza muri AS Kigali.


