Rwamagana: Impanuka ikomeye yaguyemo batatu, hakomereka bane

Sangiza iyi nkuru

Abantu batatu bapfiriye mu mpanuka yaraye ibereye mu murenge wa Muhazi ho mu karere ka Rwamagana, mu gihe abandi babarirwa muri batane bayikomerekeyemo.

Iyo mpanuka yabaye mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba w’ejo ku wa kane, yabereye mu mudugudu wa Plage, mu kagari ka Nyarusange ho muri uriya murenge wa Muhazi.

Yatewe n’imodoka ya Jeep Toyota Prado ifite plaque RAE 583N yari itwawe na RUZINDANA Etienne w’imyaka 39 y’amavuko, ikaba yavaga i Nyagatare yerekeza mu mujyi wa Kigali.

Amakuru avuga ko iyo modoka yageze hafi ya Station SP ikagonga umunyegare witwa HABIMANA Alphonse w’imyaka 30 y’amavuko, Polisi yahagarika uwari uyitwaye akanga guhagarara.

Ruzindana wari utwaye iriya modoka ageze nko muri metero 800 imodoka yataye umukono wayo, igonga indi ya Actros Mercedes Benz ifite plaque RAD806W, yari itwawe na KABANGO IDDI HUSSEN w’imyaka 20 y’amavuko, irakomeza igonga MOTO TVS ifite plaque RF394G yarari itwawe na NSHIMIYIMANA Alphane, mbere yo kugonga igiti cyari hakurya y’umuhanda ikagwa mu muferege.

Umuvigizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP HamdunTwizeyimana, yavuze ko hataramenyekana icyateye iriya mpanuka.

Ati: “Kugeza ubu ntituramenya icyabiteye kuko uwari utwaye imodoka na we ari kwa muganga, ari mu bakomeretse ariko hahise hapfa abantu batatu.”

Batatu bapfuye barimo Motari NSHIMIYIMANA Alphane n’umugenzi w’umudamu yari atwaye, hapfa kandi Niyonzaba Aloys abandi bane bari kumwe na we prado barakomereka, barimo babiri bakomeretse bikabije.

Magingo aya imirambo y’abitabye Imana iri ku bitaro bya Rwamagana, ari na ho abakomeretse bari kuvurirwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *